• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kongo Kinshasa, irasaba iperereza ku bitero bivugwa ko byagabwe ku Rwanda

Umwanditsi
April 17, 2016

Kubwa Lambert Mende, umuvugizi wa Leta ya Kongo, ngo hakwiye kujyaho Komisiyo yo gushaka ibimenyetso kugira ngo hamenyekane ikigomba gukorwa.

Nyuma y’uko Igisirikare cy’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 16 Mata 2016 cyemeje amakuru yavugaga ko mu ijoro rishyira itariki ya 16 Mata 2016 mu karere ka Rubavu kuri Sitasiyo ya Polisi ya Bugeshi hagabwe ibitero n’abakekwa ko ari abarwanyi ba FDLR, Leta ya Kongo yasabye ko haba iperereza rihuriweho n’impande zombi.

Aya makuru, y’igitero cya Bugeshi kuri Sitasiyo ya Polisi, ku ruhande rw’u Rwanda inzego zishinzwe umutekano zarayemeje, haba Polisi y’u Rwanda, umuvugizi w’igipolisi cy’u Rwanda ACP Twahirwa Celestin yarayemeje ndetse no kuruhande rw’igisirikare cy’u Rwanda nabo barabihamije ko iki gitero cyabaye.

Umuvugizi wa Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo Lambert Mende, aganira na Radiyo y’abafaransa RFI, yemeye ndetse avuga ko bamenye ko hari igitero cyagabwe ku Rwanda abakigabye baturutse k’ubutaka bwa Kongo RDC, gusa kuri we ngo hakenewe gukorwa iperereza.

Lambert Mende, avuga ko hashingiwe kubyavuzwe, ubuhamya bwatanzwe, aho bivugwa ko hari igitero cyagabwe ku gihugu cy’igituranyi (u Rwanda), mu karere ka Rubavu i Bugeshi, ngo hakenewe iperereza kugirango byemezwe.

Umuvugizi wa Leta ya Kongo Lambert Mende, asaba ko hajyaho Komisiyo igomba gukora iperereza ikagera ahavugwa ko hagabwe igitero, igashaka ibimenyetso kugira ngo harebwe icyakorwa.

Umutwe w’abarwanyi wa FDLR, ufatwa nk’umutwe ugizwe n’abasize bagize uruhare muri Jenside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.

Kubwa Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, ngo kumenya  uwagabye igitero byaba ari kare, gusa ngo kongo yiteguye gukomeza gukora ibikorwa byo kurwanya uyu mutwe wa FDLR ukirangwa k’ubutaka bwa kongo iyo mu mashyamba.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga