• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Corona Virus mu marembera nyuma y’aho ubushinwa buvumbuye umuti uyihangara byihuse

Umwanditsi
March 17, 2020

Mu gihugu cy’u Bushinwa, urwego rw’Ubuzima kuri uyu wa 17 Werurwe 2020 rwatangaje ko hari umuti witwa “FAVIPIRAVIR” babonye ufite ubushobozi bwo gukiza icyorezo cya Corona Virus. Ni nyuma y’aho uyu muti ukoreweho ubushakashatsi kuva muri Gashyantare 2020.

Favipiravir, ni umuti ubusanzwe wakoreshwaga mu kuvura ibicurane byo mu bwoko butandukanye. Umuyobozi w’Ikigo cy’u Bushinwa gishinzwe guteza imbere Ikoranabuhanga mu Butabire (China National Center for Biotechnology Development), Zhang Xinmin, yavuze ko mu miti yose bakoreyeho ubushakashatsi, basanze nta wundi muti urusha ubushobozi Favipiravir.

Zhang Xinmin, umuyobozi w’iki kigo mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu Kabiri, tariki ya 17 Werurwe 2020, yavuze ko mu barwayi basaga 80 bari bafashwe na COVID-19, bakoreweho igerageza mu bitaro bya Shenzhen, mu Ntara ya Guangdong; abarwayi 35 bahabwaba ibinini bya Favipiravir bakize vuba kurusha abandi 45 bitabwagaho mu buryo busanzwe bwo kuvura ibimenyetso bya COVID-19.

Ubundi bushakashatsi bwakorewe mu bitaro bya Zhongnan bya Kaminuza ya Wuhan na bwo bwagaragaje ko ubushobozi bwo gukiza COVID-19 hifashishijwe Favipiravir ari bwo bwiza kurusha uburyo bwari busanzwe bukoreshwa.

Nkuko igihe.com dukesha iyi nkuru kibivuga, Zhang yasabye ko uyu muti uhita wongerwa mu buryo busanzwe buri gukoreshwa n’abaganga mu kuvura Coronavirus.

Ikigo gikora imiti mu Bushinwa cyahise cyemererwa gukora uyu muti ku buryo ugera ku bawukeneye bose.

Favipiravir (T-705) yavumburiwe bwa mbere mu gihugu cy’u Buyapani. Abakoze uyu muti bashakaga guhangana na virus zitera ibicurane bifata abantu byo mu bwoko bwa A na B.

Uyu muti ukaba waranagaragaje ubushobozi bwo gukiza ibicurane by’ibiguruka birimo H5N1 yigeze kwibasira ibihugu bya Bangladesh, u Bushinwa, Misiri, u Buhinde, Indonesie na Vietnam kuva byamenyekana mu 2003.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga