• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe wakuweho

Umwanditsi
March 27, 2020

Mu rwego rwo gukomeza guhangana n’ingamba z’icyorezo cya Corona Virus, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), kuri uyu wa 27 Werurwe 2020 yatangaje ko umuganda wagombaga kuba utakibaye.

Gahunda y’Umuganda rusange, ukorwa buri wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi ku baturage muri rusange, mu gihe ku cyumweru cya nyuma uyu muganda ukorwa n’abakirisito bo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi.

Ibi bivuze ko kuri uyu wa 28 na 29 Werurwe 2020 nta muganda rusange uhari nkuko MINALOC yabitangaje, ibinyujije ku rubuga rwa twitter rwayo, haba ku baturage muri rusange ndetse no kuba Divantisiti b’Umunsi wa karindwi.

Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu yasabye abaturage muri rusange gukomeza kubahiriza amabwiriza yatanzwe na Leta by’umwihariko kuguma mu rugo. Ikijyanye n’Umuganda, buri wese yasabwe kuwukorera iwe.

Icyorezo cy’Indwara ya Corona Virus (Covid-19) cyagaragaye mu muntu wa mbere mu Rwanda kuwa 14 Werurwe 2020. Kugeza kuri uyu wa 27 Werurwe 2020 Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko abantu 54 aribo bamaze gupimwa bakayibasangamo.

Amabwiriza mashya yo gukumira no kwirinda iki cyorezo nk’uko yatangajwe na Minisitiri w’Intebe; asaba Buri wese kuguma mu rugo, Imipaka yarafunzwe, Utubari turafungwa, amasengesho rusange mu Nsengero n’amadini birahagarikwa, abanyeshuri bakuwe ku mashuri basubira mu miryango, Amasoko arafungwa kimwe n’izindi ngamba zigamije gutuma abantu batabasha guteranira ahantu hamwe. Hagati y‘umuntu n’undi hagomba kuba nibura metero imwe.

Bimwe mu bimenyetso by’ingenzi bya Corona Virus ni; Inkorora, Guhumeka bigoranye hamwe no kugira umuriro. Hashyizweho umurongo utishyurwa wo gutangiraho amakuru ariwo 114.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga