• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yakize CoronaVirus, asezererwa mubitaro

Umwanditsi
April 13, 2020

Downing Street, aribyo biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson, byatangaje kuri uyu wa 12 Mata 2020 ko uyu muyobozi wari umaze iminsi arwaye CoronaVirus yavuye mubitaro aho yavurirwaga iki cyorezo agataha iwe.

Nyuma yo kuva mu bitaro kwa Minisitiri w’Intebe Boris Johnson, ibiro bye byahise bitangaza ko atari buhite asubira mu mirimo ye. Yari yajyanywe mu bitaro mu cyumweru gishize aho hari hashize iminsi icumi bamusangaye iki cyorezo cya CoronaVirus.

Minisitiri w’Intebe Boris, ku myaka ye 55 y’amavuko ubwo yafatwaga n’iki cyorezo yajyanywe ku bitaro bya St Thomas. Nyuma yo kubisohokamo, ibiro bye bitangaza ko agiye kuba ari murugo iwe, aho ari inama yagiriwe n’abaganga bamwitagaho.

Nyuma yo kuva kwa muganga kandi, nkuko BBC dukesha iyi kuru ibitangaza, Boris ngo arifuza gushimira buri muntu wese ukora mu bitaro bya St Thomas, bitewe n’uburyo bamwitayeho, avuga kandi ko yifatanije n’abarwaye iyi ndwara.

Carrie Symonds, Umugore wa Minisitiri w’Intebe Boris, unitegura kwibaruka mu mezi abiri ari imbere yishimye cyane kubona umugabo agarutse. Yanditse ubutumwa yanyujije kuri Twitter agira ati “ Reka nshimire na buri muntu wese wohereje ubutumwa bwo kutwihanganisha. Uyu munsi ndumva ndi umunyamahirwe cyane”.

Akomeza ati” Hari ibihe byageze mu cyumweru gishize byari byijimye cyane mu by’ukuri. Umutima wanjye wifatanyije n’abari mu bibazo nk’ibyo, bahangayikiye abo bakunda”.

Uyu mugore wa Minisitiri w’Intebe, avuga ko bigoye kubona uko ashimira mu buryo bukwiye urwego rw’Ubuvuzi rw’ubwongereza, ndetse akavuga ko aba bakozi bo mubitaro bya St Thomas bakoze cyane. Ineza yabo, ahamya ko bigoye kubona uko ayishyura uretse ko ngo atazacogora kubashimira.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga