• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Meya w’ikirwa cya Saaremaa ariko cyabatijwe icya“  Corona” yeguye

Umwanditsi
April 20, 2020

Umuyobozi (Mayor) w’ikirwa gisanzwe cyitwa Saaremaa cyo muri Estonia, ariko cyaje kwitwa icyirwa cya “Corona”, yamaze kwegura yishinja uruhare yagize mu kuzana icyorezo cya CoronaVirus aho ayobora.

Intandaro y’iri yegura ndetse no kuzanwa kwa CoronaVirus kuri iki kirwa, yatewe n’ikipe y’umukino w’intoki (Volleyball) y’I Milan mu gihugu cy’u Butaliyani yagiye kuhakinira umukino n’ikipe yaho mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gatatu k’uyu mwaka wa 2020, nyuma y’ibyumweru bibiri gusa CoronaVirus irahataha.

Mu gihe cy’ibyumweru bibiri gusa ikipe y’I Milan ihavuye, ikirwa cya Saaremaa cyahindutse izingiro rya CoronaVirus muri Eustonia kugeza n’ubwo abaturage b’iki gihugu bahabatiza“ Ikirwa cya Corona”.

Utegeka iki kirwa (Mayor) witwa Madis Kallas yeguye, avuga ko afite uruhare mu ikwirakwira ry’iki cyorezo. Yatangaje ko kwemera ko iyo mikino ya volleyball iba ari “icyemezo kibi” yafashe.

Kwegura k’uyu muyobozi, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, bibaye nyuma y’iminsi micye inkuru ya BBC igaragaje impamvu iki kirwa cyahindutse izingiro ry’iki cyorezo cya Coronavirus muri Estonia.

Nta muntu kugeza ubu wemerewe kuva cyangwa kujya kuri iki kirwa.

Saaremaa ni ikirwa cy’ubukerarugendo, kizwiho ahantu ho kwidagadurira ku nyanja (beaches) hakundwa, n’inzu ndangamateka zo mu myaka ya cyera cyane.

Iki kirwa, gituwe n’abaturage hafi ibihumbi 50. Umwe mu bakozi bo kwa muganga yabwiye BBC ko bakeka ko kimwe cya kabiri(1/2) cy’abatuye iki kirwa bashobora kuba baranduye coronavirus.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga