• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ubushinwa bwateye utwatsi iby’iperereza rigamije kumenya inkomoko ya CoronaVirus

Umwanditsi
April 25, 2020

Leta y’Ubushinwa yanze icyifuzo kigamije Iperereza mpuzamahanga ryigenga ku nkomoko y’icyorezo cya CoronaVirus cyugarije Isi muri ibi bihe. Ni kenshi iki Gihugu cyagiye gishyirwa mu majwi ko aricyo nyirabayazana wa Covid-19. Iryo Perereza ngo rishingiye ku mpamvu za Politiki no kurangaza iki Gihugu.

Umudipolomate wo ku rwego rwo hejuru w’Igihugu cy’Ubushinwa witwa Chen Wen, ukorera muri Ambasade yabwo mu Bwongereza, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko ubwo busabe bw’iri Perereza bushingiye ku mpamvu za politike.

Uretse kuba ubu busabe ngo bushingiye ku mpamvu za Politiki, yongeyeho ko ibi byarangaza Ubushinwa mu rugamba burimo bwo kurwanya iki cyorezo.

Amakuru ku nkomoko ya Covid-19 – indwara yo mu myanya y’ubuhumekero iterwa n’ubu bwoko bushya bwa coronavirus – n’uburyo yakwirakwiriye mu ntangiriro, ashobora gufasha ibihugu mu kuyirwanya.

Byibazwa ko iyi virusi yakomotse mu isoko ricuruza ibikomoka mu mazi ryo mu mujyi wa Wuhan mu Bushinwa mu mpera y’umwaka ushize.

Hagati aho, icyegeranyo cy’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU/UE) gishinja Ubushinwa gukwirakwiza amakuru ayobya ajyanye n’iki cyorezo. Ikigo cya EU gikurikirana ibikorwa byo hanze (External Action Service) kivuga ko Uburusiya, n’Ubushinwa ku kigero gito, “byohereje amakuru ayobya” muri EU no mu bihugu bihana imbibi nayo.

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na we yakomeje kugenda yibasira Ubushinwa ku buryo bwitwaye kuri iki cyorezo.

Ndetse na Leta ya Missouri – imwe mu zigize Amerika – igiye kurega mu nkiko leta y’Ubushinwa, iyishinja kuba ari nkaho ntacyo yakoze mu guhagarika ikwirakwira ry’iyi virusi.

Abahanga mu bumenyi bwa siyansi bagiye bamagana amakuru ahwihwisa ko ubu bwoko bushya bwa coronavirus bwakorewe mu kigo cy’ubushakashatsi (laboratoire) cyo mu mujyi wa Wuhan. Bavuga ko nta gihamya ishingiye kuri siyansi ihari kugeza ubu ibyemeza.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga