• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Igisirikare cya Mozambique cyisubije umujyi ukomeye wari warigaruriwe n’intagondwa

Umwanditsi
May 6, 2020

Amakuru aturuka mu gihugu cya Mozambique aravuga ko igisirikare cy’iki Gihugu cyisubije umujyi ukomeye wari warafashwe n’intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu mu ntangiriro y’uyu mwaka.

Mu mezi macye ashize, izo ntagondwa zagabye ibitero bikaze mu buryo budasanzwe, zifata imijyi ya Quissangoa na Mocimboa da Praia yo mu majyaruguru y’igihugu.

Hashize ibyumweru bitandatu izo ntagondwa zigeze mu majyaruguru ya Mozambique, aho zageze zitwaje intwaro nyinshi zigafata imijyi mikuru y’intara ebyiri. Ibyo byatumye habaho kugira impungenge ko icyatangiye nk’amakimbirane aciriritse cyarimo guhinduka ikibazo gikomeye kurushaho.

Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, amakuru menshi aturuka muri kariya karere avugako kera kabaye ngo igisirikare cya Mozambique cyisubije umujyi wa Quissangoa uri ku cyambu. Aya makuru avuga ko bisa nkaho cyawisubije nta mirwano ibaye, nkuko umunyamakuru wa BBC Andrew Harding uri i Johannesburg muri Afurika y’epfo abivuga.

Amakuru avuga kandi ko imirongo ya telefone iri kongera gusubizwaho muri ako karere, ndetse no ku cyambu kiri hafi aho cya Mocimboa da Praia. Leta ya Mozambique ni gacye cyane ivuga ku kibazo cy’umutekano ukomeje kuzamba mu ntara ya Cabo Delgado. Ndetse abategetsi bakumiriye bikomeye itangazamakuru ryigenga.

Ariko umutwe wiyita Leta ya kisilamu (Islamic State), ufasha izo ntagondwa wavuze ko baherutse gufata ikindi kigo cya gisirikare, bakanafata izindi ntwaro.

Izo ntagondwa zishinja Leta ya Mozambique gutererana abakene, ariko uwo mutwe wateye ubwoba abaturage benshi b’abasivile, ukora ubwicanyi burimo no guca abantu imitwe.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga