• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
16/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye
16/10/25
Kamonyi-Kayenzi/GIMI: Barishimira ikorwa ry’Umuhanda wari umaze guhinduka nk’inzira
16/10/25
Kamonyi-Kayenzi: Kirazira ko ducika intege, INKOTANYI ni urugero rw’ibishoboka-Gitifu Nsengiyumva

Kajugujugu za MONUSCO zatabaye inkomere 13 z’abasirikare ba Congo-FARDC

Umwanditsi
May 13, 2020

Abasirikare 13 b’Ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bakomerekeye mu mirwano yabahuje n’agatsiko k’inyeshyamba zo mu mutwe wa CODECO muri teritwari ya Djugu, batwawe kuri uyu wa 12 Gicurasi 2020 n’indege ebyiri za Kajugujuru z’ingabo za MONUSCO, zabagejeje aho bitabwaho.

Uretse kuba aba basirikare 13 baratabawe n’izi Ngabo za MONUSCO zabakuye muri kariya gace ka Djugu, aho bageze batwawe mu maboko na bagenzi babo, imodoka z’ubutabazi ( Ambulances) enye z’izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye ni nazo zabavanye I Bunia aho Kajugujugu zabagejeje, bagezwa aho bagomba kuvurirwa.

Amakuru aturuka mu gisirikare nkuko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ibivuga, aba basirikare 13 bakomerekeye mu mirwano yabaye ku Cyumweru tariki 10 Gicurasi 2020 ubwo bari mu ishyamba bagasakirana n’izi nyeshyamba za CODECO (Cooperative for the Development of Congo) aho ziba.

Ababasirikare 13 bakomeretse, bakuwe mu ishyamba na bagenzi babo n’amaguru babageza I dala, aho bashyizwe mu modoka yabagejeje Mongwalu.

Umuvugizi w’Ingabo za FARDC ziri Ituri, Lt Jules Ngongo ashimira ubufasha buhoraho bwa MONUSCO ku gisirikare cya Congo mu guhashya no kurangiza intambara z’imitwe y’inyeshyamba muri Ituri. Ashima kandi ubu bufasha, avuga ko bwatabaye ubuzima bw’abasirikare bakomerekeye mu mirwano n’inyeshyamba.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5890 Posts

Politiki

4141 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga