• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

OMS/WHO yavuze ku bakozi bayo barimo uyihagarariye birukanwe na Leta y’u Burundi

Umwanditsi
May 14, 2020

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ku Isi-OMS/WHO ryatangaje kuri uyu wa 14 Gicurasi ko ritaramenya icyateye Leta y’u Burundi kwirukana abakozi baryo. Dr Matshidiso Moeti ukuriye OMS ku rwego rwa Afurika yabwiye abanyamakuru ko barimo gukura aba bakozi mu Burundi kuko Leta yavuze ko itabashaka ku butaka bwayo.

Mu kiganiro Madamu Moeti yagiranye n’abanyamakuru muri World Economic Forum, yagize ati: “Ntabwo tuzi impamvu bafashe icyo cyemezo ariko turi gufatanya n’abakozi ba UN muri icyo gihugu ngo bafashe bagenzi bacu kuhava“.

Dr Moeti yongeraho ko OMS/WHO, ishobora gukomeza gukorana n’aba birukanwe mu bikorwa byo kurwanya iki cyorezo.

Inyandiko iboneka ku mbuga nkoranyambaga ya ministeri y’ububanyi n’amahanga y’u Burundi imenyesha ko abantu bane (4) barimo uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS/WHO mu Burundi “badakenewe” mu gihugu.

Inyandiko igaragara nk’iyanditswe n’iyi minisiteri, imenyesha ko Dr Walter Kazadi Mulombo uhagarariye OMS mu Burundi, Pr. Tarzy Daniel, Dr Ruhana Mirindi Bisimwa na Dr Jean Pierre Murunda Nkata bategetswe kuva ku butaka bw’u Burundi mbere ya tariki 15/05/2020.

BBC dukesha iyi nkuru, yavuganye na Ezechiel Nibigira minsitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi ariko ntiyahakana cyangwa ngo yemeze ibivugwa muri iyi nyandiko igaragara ku rubuga rwa Minisiteri ayoboye..

Umwe mu bakozi ba minisiteri y’ububanyi n’amahanga utifuje gutangazwa, yemereye BBC ko iriya nyandiko ari iy’ukuri kandi ari iya minisiteri y’ububanyi n’amahanga. Iyi nyandiko ntisobanura impamvu yo kwirukanwa kw’aba bakozi.

Dr Walter Kazadi Mulombo yabwiye BBC ko kuri ubu ntacyo yabwira abanyamakuru.

OMS/WHO niyo iyoboye ibikorwa byo kurwanya coronavirus ku isi.

Mu Burundi Leta ivuga ko hamaze kuboneka abantu 27 banduye coronavirus, 11 bayikize n’umwe yishe. Mu gihe hakomeje ibikorwa byo kwiyamamaza bihuza abantu benshi cyane begeranye, hari abagaragaza impungenge ko iki cyorezo gishobora kwiyongera mu gihugu.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga