• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
10/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
10/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
10/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Rubavu: Ukekwaho gucuruza urumogi yafatanwe udupfunyika 3,000 twarwo atujyane Kamonyi

Umwanditsi
June 6, 2020

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 05 Kamena 2020, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rubavu yafashe ukekwaho gucuruza urumogi, yafatanwe udupfunyika 3000. Uru rumogi rwafatanwe uwitwa Kwizera Bosco ufite imyaka 30 y’amavuko, afatirwa mu murenge wa Nyundo, Akagari ka Terimberi. 

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi yavuze ko kugira ngo Kwizera afatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Umwe mu bashinzwe umutekano w’abatwara abagenzi ku magare mu mujyi wa Gisenyi yabonye uriya Kwizera afite imizigo aramukeka ahita abimenyesha Polisi.”

CIP Karekezi, akomeza avuga ko abapolisi bari mu karere ka Rubavu bakurikiranye Kwizera basaka imitwaro ye basanga harimo udupfunyika ibihumbi bitatu tw’urumogi.”

Kwizera akimara gufatwa, yavuze ko yari yahawe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 kugira ngo akwirakwize urwo rumogi arukuye mu karere ka Rubavu arujyana mu karere ka Kamonyi aho yagombaga guhurira n’abo yagombaga kuruha.

Kwizera avuga ko yari asanzwe ajya mu gihugu cya Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo akajya kugurayo inkweto ari naho yahuriye n’umuntu wamushyize mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge, nyiri ibiyobyabwenge akaba atuye mu mujyi wa Kigali.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba arashimira abaturage barimo gufatanya n’inzego z’umutekano mu kurwanya ibiyobyabwenge. Yagize ati”Inzego z’umutekano zirimo gukorana n’abaturage cyane kugira ngo batahure abakwirakwiza ibi biyobyabwenge ndetse banashyikirizwe ubutabera. ”

Kwizera Bosco, nkuko urubuga rwa Polisi y’u Rwanda dukesha iyi nkuru rubivuga, yashyikirijwe urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) ikorera muri sitasiyo ya Mukamira kugira ngo akorerwa idosiye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga