• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Igisirikare cya Leta y’u Burundi cyahakanye ko nta wateye u Rwanda aturutse ku butaka bwacyo

Umwanditsi
June 27, 2020

Kuri uyu wa 27 Kamena 2020, igisirikare cy’Ingabo z’u Rwanda cyatangaje ko abantu bitwaje intwaro bateye ku birindiro byazo biri mu Murenge wa Ruheru, Akarere ka Nyaruguru ho mu Ntara y’Amajyepfo. Igisirikare cy’u Burundi cyateye utwatsi iby’iki gitero, kivuga ko ubutaka bw’u Burundi butaba indiri y’abahungabanya umutekano w’Igihugu gituranyi.

Mu itangazo ryanyujijwe ku rubuga rw’Ingabo z’u Rwanda, rivuga ko abateye baturutse mu gihugu cy’u Burundi ndetse na nyuma yo gukubitwa inshuro bakaba basubije mu cyerekezo cy’ibirindiro by’Ingabo z’u Burundi. Ibyatangajwe n’ingabo z’u Rwanda byatewe utwatsi n’Ingabo z’u Burundi .

Ku ruhande rw’u Burundi nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, Col Biyereke Floribert, umuvugizi w’ingabo z’u Burundi (FDNB), yavuze ko zishaka kumenyesha Abarundi n’amahanga ko “ubutaka bw’u Burundi budashobora kuba indiri y’abitwaje intwaro bahungabanya umutekano w’ibihugu bituranyi”.

Mu itangazo yasohoye, Col Biyereke yavuze ko ahubwo inshingano za FDNB ari “ugukora buri gihe kuburyo umutekano ubungwabungwa neza ku mbibi u Burundi buhana n’abaturanyi babwo”.

Soma hano inkuru bijyanye ku itangazo ry’Ingabo z’u Rwanda, rivuga ku gitero cyakozwe n’abavugwa ko bateye ibirindiro by’Ingabo z’u Rwanda baturutse I Burundi:Abantu bitwaje imbunda bateye u Rwanda baturutse i Burundi
Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga