• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Kamonyi/Runda: Aharimo gukorwa umuhanda habonetse imibiri y’abantu

Umwanditsi
June 29, 2020

Mu Mudugudu wa Nyagacaca, Akagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda ku mugoroba w’uyu wa 29 Kamena 2020 aharimo gukorwa umuhanda uteganywa gushyirwamo kaburimbo, habonetse imibiri bikekwa ko yahashyizwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi mibiri, aho yabonetse ni mugahanda karimo guhangwa ngo gashyirwemo kaburimbo ahari kuzamurwa amazu y’amagorofa( abahatuye bavuga ko nta muhanda wahigeze ). Kazamukira cyangwa kakamanukira kuri aya mazu arimo kuzamurwa, kagahuza umuhanda munini usanzwe urimo gukorwa n’uwakaburimbo uhari.

Mwizerwa Rafiki, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yabwiye intyoza.com ko aha hantu koko habonetse imibiri, ariko ko bataramenya neza amakuru kuriyo. Avuga ko ibikorwa byo gushakisha indi mibiri ishobora kuba ihari bikomeza kuri uyu wa kabiri tariki 30 Kamena 2020.

Aka gahanda karimo guhangwa ngo gashyirwemo Kaburimbo, ku munsi w’ejo tariki 28 Kamena 2020 ubwo imashini zatangiraga gusiza, habaye ukutumvikana kuri bamwe mu baturage n’abakora umuhanda. Banyiri ubutaka bavuga ko nta muhanda wigeze aha hantu, ko abashaka kuwuhashyira biri mu nyungu zabo, bityo ko mbere ya byose bagomba kubanza kubiganiraho, amategeko agenga iby’ingurane no kwimura abantu mu byabo akubahirizwa, cyane ko ngo katari muri gahunda y’ikorwa ry’umuhanda Ruyenzi-Gihara watangarijwe abaturage mbere.

Aha niho harimo gushyirwa umuhanda, abaturage bavuga ko utahahoze. Hafi aha niho habonywe iyi mibiri.

Umurenge wa Runda, uri mucyahoze ari Komine Runda. Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari abatutsi benshi bahiciwe, baba abari bahatuye, abahahungiye cyangwa se abambukaga Nyabarongo bava Kigali n’ahandi, kimwe n’abakurwaga ku misozi itandukanye ihakikije. Hari bamwe mu biciwe imiryango na n’uyu munsi nyuma y’imyaka 26 bagisaba guhabwa amakuru y’aho ababo bishwe bashyizwe.
Munyaneza Theogene /intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga