• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abahoze bayoboye inyeshyamba muri DRC bahawe ubutumwa bwo kujya kugarura amahoro

Umwanditsi
July 7, 2020

Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yafashe icyemezo cyo kohereza abahoze bayoboye imitwe y’inyeshyamba mu turere bakomokamo tukirimo abarwanyi ngo bazisabe guhagarika imirwano. Mu boherejwe, harimo babiri bigeze gucirwa urubanza n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha-CPI rw’I La Haye.

Bamwe muri izi ntumwa zoherejwe, bamaze kugera mu Ntara ya Ituri gusaba inyeshyamba ziharwanira ko zakwemera gushyira intwaro hasi, bityo imirwano ikomeje guhitana abaturage batari bake igahagarara.

Muri aba boherejwe, harimo Germain Katanga waciriwe urubanza n’urwo rukiko mu mwaka wa 2014 ashinjwa ihohotera ry’uburenganzira bwa muntu hamwe n’ibyaha byo mu ntambara igihe umutwe w’abarwanyi bo mu bwoko bw’aba Lendu yari ayoboye wateraga ku musozi umwe bakica abantu bagera kuri 200.

Undi mu baciriwe urubanza na CPI, ni Mathieu Ngudjolo, yaciriwe urubanza n’uru rukiko ashinjwa ibyaha nk’ibyo muri icyo gitero ariko nyuma aza kurekurwa.

Muri iyo ntara ya Ituri, BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko abantu bitwaje intwaro baherutse kwica abantu 11 harimo n’abasirikare n’abategetsi b’akarere, baguye mu mutego washinjwe umutwe wa CODECO umaze igihe ushinjwa ubwicanyi butari buke.

Adel Alingi Mokuba uyoboye akarere ka Djugu, yasubiyemo amagambo agira ati: “Abapfuye ni 11, harimo icyegera cy’umukuru w’akarere ushinzwe ubukungu, abapolisi batatu hamwe n’abasirikare bane”.

Ituri, ni imwe mu ntara zitari nke zibarizwamo imitwe yitwaje intwaro ishinjwa gukora ibyaha bitandukanye mu mashyamba y’uburasirazuba bwa Congo, igihugu iruta u Rwanda inshuro zisaga 90.

Kuva mu kwa 12 kw’umwaka wa 2017, abantu barenga 1,000 bagizwe ahanini n’abasivire bamaze kwicwa mu ntara ya Ituri, muri bo 375 bakaba bishwe kuva mu kwa gatatu uno mwaka, nk’uko bitangazwa n’ishyirahamwe mpuzamakungu ONU.

Iryo shyirahamwe riherutse gutangaza ko ibitero birimo gukorwa “bishobora gufatwa nk’ibyaha by’agahomerabunwa bikorerwa ikiremwamuntu hamwe n’ibyaha byo mu ntambara”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga