• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Ikibumbano kigaragaza umugore wa Perezida Trump cyatwitswe aho yavukiye

Umwanditsi
July 9, 2020

Igishusho/ikibumbano gikozwe mu biti kigaragaza ishusho y’umugore wa Donald Trump, Melania Trump, bivugwa ko cyatwitswe aho cyari kimanitse hafi y’aho avuka mu Gihugu cya Slovenia mu Bulayi, bahita bagikuraho.

Brad Downey, umuhanga mu gushushanya yari yakoresheje icyo gishusho, avuga ko cyatwitswe tariki ya 04 Nyakanga 2020i, umunsi Amerika yizihiza umunsi w’ubwigenge.

Uwo munyamerika asanzwe aba mu Mujyi wa Berlin ho mu Budage, yahise asaba ko icyo gishusho cyari cyononekaye gikurwaho ku munsi ukurikira.

Igipolisi cyabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko amaperereza yatangiye. Ibiro by’umukuru w’Igihugu bya Amerika ntibyashatse kugira icyo bibivugaho.

Icyo gishusho cyari cyakozwe mu giti gishyirwa hanze y’umujyi wa Sevnica aho Melania yavukiye muri Slovenia.

Iki Gishusho, kerekana Melania Trump yambaye ikanzu isa n’ubururu, isa n’iyo yari yambaye igihe umugabo we yimikwa. Cyatumye abantu bavuga byinshi igihe kimanikwa mu kwezi kwa Karindwi kwa 2019.

Bamwe mu baba muri uwo mujyi bavuze ko icyo gishusho kimuteje isoni nk’umugore w’umukuru w’igihugu. Bwana Downey yabwiye Reuters ko icyipfuzo cyiwe ari ukumenya abakuyeho icyo gishusho n’icyo bashaka.

Kubw’iwe, icyo gishusho cyari gutuma haba ibiganiro ku bijyanye n’icyuka cya politike kiri muri Amerika, harimo n’ikibazo nkoramutima cy’abimukira.

Umugore wa Trump nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yavukiye ndetse akurira muri Slovenia igihe iki gihugu cyari kikiri intara y’icyahoze ari Yougoslavia, nyuma akaba yaraje kwimukira muri Amerika mu myaka ya 1990.

Icyo gishusho muri Slovenia cyasenywe mu gihe ibishusho by’abategetsi batandukanye ba Amerika bagize uruhara mu bucakara byarimo birasenywa bivuye ku myigaragambyo yo kwamagana ivanguramoko rishingiye ku ruhu.

Mu magambo yiwe aherutse gutangaza, harimo n’iryo yavuze ku munsi wo guhimbaza umunsi w’ubwigenge, Perezida Donald Trump wa Amerika yihanangirije bikomeye abonona n’abasenya ibyo bishusho.

Kuva Trump atowe nk’umukuru w’igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mwaka wa 2016, Sevnica yabaye umujyi wakira abagenzi benshi ahanini bashaka kumenya byinshi ku mavu n’amavuko ya Melania Trump n’ubuto bwe.

Mu kwezi kwa Munani k’umwaka ushize, igishushanyo cyerekana Perezida Trump cyarubatswe muri Slovenia, mu burasirazuba bw’umurwa mukuru Ljubljana, nacyo kikaba cyarateye ukutumvikana nk’uko byagenze ku gishusho cy’umugore we.

Icyo gishusho cyari gifite uburebure bwa metero umunani nacyo cyashenywe n’abantu batamenyekanye mu kwa mbere kw’uno mwaka wa 2020.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga