• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Leta ya Uganda yatangaje umuntu wa mbere wahitanwe na Covid-19

Umwanditsi
July 23, 2020

Minisitiri w’Ubuzima wa Uganda kuri uyu wa 23 Nyakanga 2020, yemeje ko hari umuntu umwe wapfuye ahitanwe n’icyorezo cya Covid-19. Uwahitanwe n’iki cyorezo ni umugore w’imyaka 39 y’amavuko wo mukarere ka Namasindwa hafi y’umupaka w’iki gihugu na Kenya. Uyu wapfuye yari umufasha w’abaganga, yari amaze mubitaro iminsi munani.

Nubwo uyu mugore wapfuye atuye ku mupaka uhuza iki gihugu na Kenya, abashinzwe ubuzima batangaje ko ntakerekana ko yaba yaragiye muri Kenya, igihugu kibasiwe n’iki cyorezo kikanagira abanduye benshi kurusha Uganda.

Uwo mugore wapfuye, yari umufasha w’abaganga ku bitaro, akaba yagejejwe kwa muganga itariki 15 z’uku kwezi kwa karindwi 2020 arembejwe n’umusonga, ahitanwa n’iki cyorezo hashize iminsi umunani.

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda ivuga ko abantu mirongo itatu bashobora kuba baregeranye n’uwo mugore bashyizwe mu kato, bakaba bakirimo gushakisha abandi baba barahuye nawe.

Nkuko BBC ibitangaza, Uganda yatangiye intambwe zo gukuraho cyangwa se koroshya amategeko ya “guma murugo”, aho mu kwezi kwa gatanu abadandaza mu bice bitandukanye kandi bituwe cyane muri Kampala bemerewe  guzubukura ibikorwa byabo. Kugeza ubu, Uganda imaze gutangaza abantu 1,079 banduye Covid-19.

Munyaneza Theogene/ intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga