• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Perezida Kim Jong-Un yavuze ku mbaraga igihugu cye gikesha intwaro kirimbuzi kibitseho

Umwanditsi
July 28, 2020

Kim Jong-un, Perezida wa Korea ya ruguru yatangaje ko intwaro za kirimbuzi bafite zibizeje umutekano “uhagije/usesuye” kandi ko ari ikintu kizatuma nta yindi ntambara yongera kuba muri Korea nk’uko bivugwa n’ikigo cy’itangazamakuru cya leta. Ntagasuzuguro n’iterabwoba rya bagashakabuhake kuri iki gihugu.

Perezida Kim yavuze ibi mu gikorwa cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 67 intambara ya Korea zombi irangiye. Ibyo yavuze byerekanye ko nta gahunda yo kureka ibyo kubaka intwaro kirimbuzi iki gihugu gifite nk’uko byari mu mugambi w’ibiganiro na Amerika.

Perezida Kim mu ijambo rye yavuze ko igihugu cye cyagerageje kuba “igihugu kikwije intwaro zikomeye” mu kwirinda indi ntambara nk’uko ibiro ntaramakuru bya Leta KCNA bibivuga.

Ibi biro, bisubiramo amagambo ye agira ati: “Ubu, twabaye igihugu gishobora kwirinda byizewe no gusubiza twemye igitutu cyose n’ibikangisho bya gisirikare no gutera ubwoba bya ba gashakabuhake n’izindi ngufu mbi”.

Akomeza ati” Nta yindi ntambara izongera kuba kuri ubu butaka, umutekano wacu n’imbere hazaza birinzwe neza mu buryo buhoraho kubera intwaro kirimbuzi zacu zikomeye zo kwirinda”.

Hashize iminsi ibihugu bya Amerika na Korea ya ruguru byerekanye ko nta wundi muhate uhari w’ibiganiro byo kubuza Korea ya ruguru kwigwizaho intwaro kirimbuzi.

Mike Pompeo ushinzwe ububanyi n’amahanga bwa Amerika aheruka kuvuga ko Perezida Donald Trump yakongera kuganira na Perezida Kim habaye gusa hari icyizere cy’impinduka.

Kim Yo Jong, mushiki wa Perezida Kim akaba n’umutegetsi mukuru mu ishyaka riri ku butegetsi aheruka kuvuga ko batazongera guha indi mpano Trump ngo bahure nawe maze abone ibyo yigamba yakoze.

Perezida Kim na Trump bahuye inshuro eshatu hagati ya 2018 na 2019, gusa ibiganiro by’impande zombi ntacyo byagezeho. Mu ntangiriro z’uyu mwaka, BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko Korea ya ruguru yatangaje ko igiye gukomeza gahunda yayo yo kubaka intwaro kirimbuzi, ndetse ko bazakora intwaro z’ubwoko bushya.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga