• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: RPF-Inkotanyi barasiganwa no gufasha kurangiza ibyumba by’amashuri

Umwanditsi
August 8, 2020

Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Kamonyi kuri uyu wa 08 Kanama 2020 batanze umusanzu mu kubaka ibyumba by’amashuri 35 birimo kubakwa mu Murenge wa Kayenzi. Ni igikorwa kiyongera kubyo bamaze icyumweru bakorera hirya no hino mu Mirenge 12 igize aka karere. Bavuga ko imbaraga zabo zikwiye kwerekezwa mu kubaka ibyumba by’amashuri mu rwego rwo gusiganwa n’igihe gito gisigaye ngo abanyeshuri batangire.

Umuhoza Alexia, umunyamabanga w’Umuryango RPF-Inkotanyi mu karere ka Kamonyi avuga ko bafashe igihe cy’icyumweru cyose cyatangiye kuya 03 Kanama 2020 bakakigenera kwita ku byumba by’amashuri birimo kubakwa muri aka karere.

Avuga ko icyo nk’abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bashyize imbere ari ugutanga imbaraga bafite kugira ngo babere ikitegererezo buri wese muri uru rugamba rwo kubaka ibyumba by’amashuri. Avuga ko iki gikorwa ari icyo gushyira aheza abana b’abanyarwanda bakoraga ingendo ndende bajya kwiga ndetse no kugabanya ubucucike hamwe no guteza imbere ireme ry’uburezi, aho mwarimu abasha kwigisha abana yitaho mu buryo bukwiye.

Muhoza Alexia / RPF Kamonyi.

Umuhoza, avuga ko RPF-Inkotanyi nka Moteri ya Guverinoma buri wese aba agomba kwita kuri buri kimwe mu rwego rwo guharanira kwesa buri muhigo w’igikorwa uba wahizwe hagamijwe ko buri gikorwa gikorwa neza kandi ku gihe cyagenwe nta gutsindwa kubayeho.

Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi avuga ko bafite ibyumba by’amashuri 13 byubakwa ku ngengo y’imari ya Leta n’andi 23 yubakwa ku nkunga ya Banki y’Isi.

 

 

 

 

 

Abatunganya ibyuma-fer a beton nabo ntabwo bicaye.

Avuga ko nk’ubuyobozi bishimira umusanzu bahawe n’abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi. Ko ari igikorwa gitanga ibisubizo mu kubaka ibyumba by’amashuri abana b’igihugu bagomba kwigiramo.

Mandera, avuga ko muri uku kwihutisha iyubakwa ry’ibyumba by’amashuri bashyizemo imbaraga guhera ku rwego rw’Isibo, abafatanyabikorwa ku nzego zose z’umurenge, baba abaturage muri rusange ndetse n’abikorera.

Mu murenge wa Kayenzi, ibi byumba birimo kubakwa kimwe n’ibindi byujujwe mu cyiciro cya mbere kibarizwa mu ngengo y’imari ya 2019-2020 bizafasha abana bakoraga ibilometero biri hagati ya 15-20 kugabanya urugendo rurerure bakoraga, bifashe kugabanya ubucucike, binafashe mwarimu gukurikirana neza abana yigisha.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga