Perezida Putine w’Uburusiya yatangaje ku mugaragaro ko bavumbuye urukingo rwa Coronavirus

Igihugu cy’Uburusiya cyatangaje kuri uyu wa 11 Kanama 2020 ko kibaye icya mbere mu gushyira hanze urukingo rwa Coronavirus, buvuga ko ruzatangira gutangwa mu kwezi gutaha. Perezida Vladimir Putine niwe watangaje iyi nkuru ubwo yari mu nama yagiranye n’abagize Leta ye yanyuzwaga kuri Televiziyo y’Igihugu.

Perezida Putine yemeje ko urwo rukingo rukora neza kandi ko rwageragejwe mu buryo bwose bwa ngombwa, rukemezwa ko ari nta makemwa. Yavuze ko umukobwa we ari mu barugeragerejweho akagira umuriro mucye mu mubiri we ariko umunsi ukurikiyeho bigashira. Perezida Putin yavuze ko Uburusiya bugiye gutangira gukora uru rukingo mu bwinshi.

Ubutegetsi bwo mu Burusiya nkuko ijwi rya amerika ribitangaza, bwavuze ko urwo rukingo rwavumbuwe n’ikigo Gamaleya cy’i Moscow ruzabanza gutangwa ku bakozi bo mu buvuzi, abalimu n’abandi bakora akazi gatuma bashobora kwandura vuba.

Minisitiri w’intebe wungirije w’Uburusiya, Tatyana Golikova yavuze ko gukingira abaganga bishobora gutangira mu kwezi gutaha kwa Nzeli uyu mwaka wa 2020.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →