• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
21/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
21/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
21/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Mali: Igisirikare cyafashe ubutegetsi cyasubukuye ibiganiro byo gutanga ubutegetsi ku basivile

Umwanditsi
September 6, 2020

Kuri uyu wa gatandatu tariki 05 Nzeri 2020, umutwe wa gisirikare wahiritse ubutegetsi muri Mali Wakoze inama kugira ngo baganire ku masezerano yo gusubiza ubutegetsi abasivili. Ni nyuma y’igitutu cy’abaturanyi cyo gutanga ubuyobozi kuva mu byumweru bishize uwari Perezida w’iki gihugu ahiritswe ku butegetsi. Ni ibiganiro by’iminsi ibiri, bisozwa kuri iki cyumweru.

Iki gihugu cyo muri Afurika y’iburengerazuba kimaze igihe kinini cyibasiwe n’intambara no kwigomeka kw’aba jihadiste, ihohoterwa rishingiye ku moko na ruswa ikabije. Ibi nibyo abyatumye abasirikare bafata icyemezo cyo guhirika ubutegetsi bwa Perezida, Ibrahim Boubacar Keita mu kwezi gushize ndetse bamufungira mu kigo cya gisirikare.

Aba basirikare bahiritse ubutegetsi, biyemeje kubuvaho nyuma y’inzibacyuho itaramenyekana igihe izarangirira, ariko ishyirwa mu bikorwa ryayo ryatumye abaturanyi ba Mali ndetse n’uwahoze ari umuyobozi w’abakoloni w’Ubufaransa basaba ko hajyaho ubutegetsi bwihuse, kubwo kugira ubwoba ko hashobora kuba ingaruka ku bihugu bituranye.

Umuryango w’ibihugu 15 by’ubukungu bw’ibihugu by’Afurika y’iburengerazuba (Ecowas) wafatiye ibihano kandi ufunga imipaka muri Mali mu rwego rwo gushyira ingufu mu guhatira igihugu gutanga ubutegetsi vuba.

Iyi nama yo kuri uyu wa gatandatu yari iteganijwe mu mpera z’icyumweru gishize ariko ihagarikwa ku munota wa nyuma kubera amakimbirane hagati y’ingabo n’umutwe wari uyoboye imyigaragambyo yatumye perezida Keita ahirikwa.

Ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’abenegihugu n’amadini ryasabye ko abayobozi b’igisirikare bagira uruhare mu kuva ku butegetsi bw’abasivili, ariko ntibatumiwe mu biganiro by’inzibacyuho.

Ibi biganiro byatangiye kuri uyu wa gatandatu birakomeza kuri iki cyumweru, bihurije hamwe imitwe ya politiki, abahoze ari inyeshyamba, imiryango itegamiye kuri Leta ndetse n’abahagarariye itangazamakuru.

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga