• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Guverineri wa leta ya Kaduna muri Nigeria yemeje itegeko ryo Gushahura/Gukona abagabo

Umwanditsi
September 17, 2020

Guverineri wa leta ya Kaduna iri mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Nigeria yashyize umukono ku itegeko riteganya ibihano bikomeye ku bagabo bahamwe n’icyaha cyo gufata abagore ku ngufu. Uhamwe n’icyaha ni ugushahurwa/Gucibwa ubugabo(amabya).

Iri tegeko ryashyizweho umukono na Guverineri Nasir Ahmad el-Rufai, riteganya gukuraho udusabo tw’intanga-ngabo(amabya) ndetse n’igihano cy’urupfu ku bahamwe no gufata ku ngufu abana b’abakobwa bari munsi y’imyaka 14 y’amavuko.

Mu gihe uwafashwe ku ngufu afite imyaka irenga 14, itegeko riteganya ko uwahamwe no kumufata ku ngufu acibwa udusabo tw’intanga ndetse agafungwa burundu.

Ab’igitsina gore bakuze bahamwe n’icyaha cyo gufata ku ngufu umwana bazajya bakatwa uduheha dutwara intanga-ngore (fallopian tubes) ndetse bahabwe igihano cy’urupfu.

Mu gihe uwafashwe ku ngufu atagejeje ku myaka 14 y’amavuko, hazajya hacyenerwa na raporo yo kwa muganga kugira ngo ishimangire ibyo birego byo gufatwa ku ngufu.

Abafata abana ku ngufu bazajya banashyirwa mu gitabo cyabugenewe kandi banatangazwe mu bitangazamakuru.

Mu butumwa yatangaje kuri Twitter ejo ku wa gatatu tariki 16 Nzeri 2020 ku masaha y’umugoroba, Guverineri Nasir Ahmad el-Rufai yemeje ko koko yashyize umukono kuri iryo tegeko.

Mu cyumweru gishize, abadepite bo muri leta ya Kaduna bari batoye bemeza uwo mushinga w’itegeko. Ubu Kaduna niyo leta yonyine mu zigize Nigeria ifite itegeko nk’iryo rihana icyaha cyo gufata ku ngufu.

Mu mezi macye ashize, BBC itangaza ko muri Nigeria hakomeje kubaho ibikorwa bya rubanda n’ubukangurambaga bwo kwamagana gusambanya ku ngufu. Nubwo hari benshi batawe muri yombi bacyekwaho icyo cyaha, byemezwa ko ikigero cy’abo gihama kikiri hasi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga