• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
10/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
10/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
10/06/25
Ubuyobozi n’Abanyeshuri ba ESB Kamonyi baremeye abatishoboye 12, barimo uwahawe amazi mu rugo
10/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
10/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
10/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
10/06/25
Ubuyobozi n’Abanyeshuri ba ESB Kamonyi baremeye abatishoboye 12, barimo uwahawe amazi mu rugo

Muri Lesbos, abapolisi bakuye impunzi mu mihanda bazijyana mu nkambi nshya

Umwanditsi
September 18, 2020

Kuri uyu wa kane tariki 17 Nzeri 2020, abapolisi bo mu Bugereki batangiye kwimura bamwe mu bihumbi by’impunzi zashyizwe mu muhanda n’umuriro muri Moria, aho bashyizwe mu nkambi nshya “by’agateganyo”. basezeranyije ONU na Athene, bavuga ko Pasika ari igihe ntarengwa cyo kubimura. abajyanywe bunyago bava ku kirwa cya Lesbos.

Umunyamakuru wa AFP yavuze ko mu gitondo cya kare, abantu magana batonze umurongo imbere y’inkambi nshya.

Umuryango ku muryango, imifuka mu ntoki, bamwe bafite abamugaye, abandi bakurura ibisanduku byuzuye ibintu, impunzi zinjira mu nkambi, aho bose bagomba kwipimisha Covid-19. Igikorwa cyatangiye ahagana saa 07h00 ku isaha yaho (04:00 GMT) kuri uyu wa kane.

Abapolisi bari bahari nyuma yo gutangira Abaganga batagira umupaka ndetse n’itangazamakuru, bazengurutse amahema, maze babajyana mu nkambi nshya yubatswe vuba. nyuma yumuriro wibasiye iyi nkamni mu cyumweru gishize.

Minisitiri w’uburinzi bw’abaturage Michalis Chryssohoïdis wari uhari mu gihe icyi gikorwa cyabaga yavuze ko Kugeza ubu, abantu igihumbi bimuriwe mu nkambi nshya muri iki gikorwa, akomeza avuga ko iki gikorwa ari ubutabazi kandi ko gikomeza.

Nk’uko byatangajwe n’umukozi muri Minisiteri ishinzwe abinjira n’abasohoka, muri iki gihe abantu 2.800 bari muri iyi nkambi, harimo n’abimukira binjiye ku bushake mu minsi yashize.

Abapolisi b’abagore bagera kuri 70 bitabiriye iki gikorwa. Amashusho yashyizwe ahagaragara na polisi yerekana abapolisi b’igitsina gore bambaye imyenda y’umweru baganira n’imiryango hamwe n’abagore b’impunzi.

Kuva inkongi y’umuriro muri Moria yakwaduka, aho impunzi zigera ku 13.000 zabaga mu buzima bubi, abantu ibihumbi n’ibihumbi bari batuye mu icumbi ry’agateganyo ku mfuruka z’imihanda abandi barara muri parikingi za Supermarket.

Intego y’iyi nkambi nshya “y’agateganyo”, abayobozi basezeranije, ni uko impunzi “zishobora kugenda buhoro buhoro kandi zituje ziva muri icyo kirwa zerekeza muri Athene” cyangwa “gutuzwa ahandi”, nk’uko Komiseri Mukuru w’umuryango w’abibumbye ushinzwe impunzi mu Bugereki, Philippe Leclerc, wasuye Lesvos yabitangaje ku munsi wo kuwa gatatu.

Michalis Chrysochoidis yavuze ku ruhande rwe ko “kimwe cya kabiri” cy’abari mu buhungiro bashobora kuva muri Lesbos “kuri Noheri abandi bakahava kuri Pasika.
Source: AFP

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5814 Posts

Politiki

4065 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

995 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga