• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Agatsiko k’abasirikare kahiritse ubutegetsi muri Mali kasabye ikurwaho ry’ibihano

Umwanditsi
September 23, 2020

Koloneli Assimi Goïta ukuriye Leta ya gisirikare yafashe ubutegetsi muri Mali, yasabye umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu karere (CEDEAO/ECOWAS) kuvanaho ibihano byo mu rwego rw’ubukungu wafatiye Mali nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi mu kwezi kwa munani uyu mwaka wa 2020.

Koloneli Goïta abisabye nyuma y’ishyirwaho rya perezida w’inzibacyuho (imfatakibanza mu Kirundi) w’umusivile ariko wahoze ari umusirikare ubu wari mu kiruhuko cy’izabukuru. Koloneli Goïta ni we uzaba visi perezida muri iyo leta.

Ku wa mbere tariki 21 Nzeri 2020, abakuriye agatsiko k’abasirikare muri Mali bagennye Bah N’Daw wahoze ari minisitiri w’ingabo ngo abe perezida w’inzibacyuho, byitezwe ko izageza mu butegetsi bw’abasivile mu mezi 18 ari imbere. Biteganyijwe ko uwo perezida w’inzibacyuho arahira ku wa gatanu.

Avugira mu birori byizihijwe ejo ku wa kabiri by’isabukuru y’imyaka 60 Mali imaze ibonye ubwigenge yakuye ku Bufaransa, Koloneli Goïta yanasabiye ubufasha ingabo z’Ubufaransa n’iz’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) ziri muri icyo gihugu.

Kuba izo ngabo ziri muri Mali aho zirwanya intagondwa zigendera ku mahame akaze y’idini ya isilamu, BBC itangaza ko byagiye akenshi bitavugwaho rumwe, bamwe basaba ko zihava naho abandi bashyigikiye ko zihaguma.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga