• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Icyifuzo cya Kabuga cyo kutajyanwa i Arusha cyanzwe n’urusesa imanza mu Bufaransa

Umwanditsi
September 30, 2020

Urukiko rusesa imanza mu Bufaransa rwanze ikirego cya Félicien Kabuga gisaba gutesha agaciro icyemezo cy’izindi nkiko zategetse ko yohererezwa urukiko mpuzamahanga rwa ONU i Arusha ruburanisha imanza z’abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Uru rukiko rwategetse ko ashyikirizwa urukiko mpuzamahanga, nk’uko biri mu mwanzuro w’urukiko BBC yaboneye kopi. Mu rukiko mu kwezi kwa gatanu Bwana Kabuga w’imyaka 85 nk’uko bivugwa n’urukiko, (ariko we avuga ko afite 87), ibyaha aregwa yabyise “Ibinyoma”.

Urukiko rusesa imanza rwatesheje agaciro zimwe mu mpamvu zatanzwe n’uruhande rwa Bwana Kabuga zirimo uburwayi. Uruhande rwa Bwana Kabuga ntacyo ruratangaza ku mwanzuro w’uru rukiko.

Ruvuga ko kuba uyu uregwa ibyaha bya jenoside yarashakishijwe n’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda mu myaka irenga 15 ishize, akwiriye guhabwa urwo rukiko.

Uru rukiko rwashimangiye ko inkiko zabanje zagaragaje neza ko nta ngingo y’amategeko ibangamira kohereza Bwana Kabuga muri gereza y’urukiko rwa ONU i Arusha.

Umwanzuro w’urukiko ruri hejuru y’izindi mu Bufaransa nta handi ujuririrwa mu nkiko zaho. Ubucamanza bw’Ubufaransa bufite igihe kigera ku kwezi ngo bwohereze uregwa mu rukiko rwa ONU.

Ni iki Urukiko rwavuze?

Urukiko rusesa imanza rwavuze ko tariki 29/04/2013 urwego rwasigaye rurangiza imanza z’urukiko mpanabyaha rwa Arusha, rwatanze ku bihugu byose ‘manda’ yo gufata Kabuga no kumushyikiriza urwo rwego.

Urukiko ruvuga ko ibyo bituma Ubufaransa, bwemera ingingo za ONU zashyizeho urwo rukiko, bufite inshingano yo kubahiriza ibyo rusaba.

Bwana Kabuga yafashwe tariki 16 z’ukwezi kwa gatanu 2020 i Asnières sur Seine mu nkengero za Paris.

Ku ngingo y’amagara ya Bwana Kabuga, urukiko rwavuze ko inkiko zabanje zerekanye ko, mu kubazwa gutandukanye yakorewe, hari umusemuzi kuko uregwa atavuga igifaransa, nta bimenyetso bibangamiye uburenganzira bwa muntu ku magara ye igihe yaba yohererejwe urwego rwamusabye.

Uru rukiko rwavuze ko ingingo y’uruhande rw’uregwa ivuga ko yafashwe ibipimo bya ADN binyuranyije n’amategeko, nta shingiro ifite kuko “byakurikije amategeko agenga gupima hagamijwe kwemeza umwirondoro w’uwafashwe ukekwaho ibyaha”.

Uruhande rw’uregwa rwari rwatanze ingingo y’ibyago biri mu kumuvana mu Bufaransa mu gihe cy’icyorezo cya Covid-19 no kumujyana aho atizeye ubuvuzi muri Tanzania.

Aha urukiko rusesa imanza rwavuze ko tariki 20/05/2020 umushinjacyaha wa ruriya rwego rw’i Arusha yizeje ko urwo rwego “ruzita ku buzima bwe”.
Uru rukiko ruvuga ko rwemeje ibyavuzwe n’urukiko rw’ubujurire ko “nta cyemezo cya muganga kibuza ko afungwa cyangwa yakoherezwa” ahandi.

Ku mpungenge z’uruhande rw’uregwa ko urwego rw’i Arusha rushobora kumwohereza mu Rwanda ngo kuko hari abandi rwahohereje, BBC dukesha iyi nkuru itangaza ko uru rukiko ruvuga ko “nta kimenyetso cyangwa ingingo yashingirwaho yemeza” ibyo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga