• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Bobi Wine uhatanira kuyobora Uganda yatangaje ko abashinzwe umutekano bagabye igitero ku biro bye

Umwanditsi
October 14, 2020

Kuri uyu wa gatatu tariki 14 Ukwakira 2020, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine uhatanira intebe y’umukuru w’Igihugu cya Uganda Uganda, uzwi cyane mu njyana ya pop akaba n’umudepite, yavuze ko abashinzwe umutekano bagabye igitero ku biro bye bakanamwambura ibyangombwa.

Ni mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko ibi byabaye byagizwemo uruhare na leta hagamijwe guca intege abatavuga rumwe nayo.

Kuri tweet Bob Wine, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yavuze ko abashinzwe umutekano batwaye n’ibindi bintu bitavuzwe amazina. Ati: “Igisirikare n’abapolisi bagabye igitero ku biro bikuru byacu i Kamwokya. Binjiye mu biro batwara ibyangombwa by’agaciro n’ibindi bintu. Bamwe muri bagenzi bacu bakomeretse.

Bobi Wine afite intego yo gushyira akadomo kuri manda y’imyaka 34 Yoweri Kaguta Museveni amaze ari kubutegetsi, ibi bikaba bituma aba perezida wa gatatu muri Afurika umaze igihe kirekire ku butegetsi.

Imyaka yamaze mu muziki Bob Wine byatumye abona abayoboke benshi mu gihugu gifite abaturage miliyoni 42, kikaba kiyobowe n’ishyka rya National Resistance Movement (NRM) rikaba rikumira abatavuga rumwe naryo.

Kuva yagaragaza icyifuzo cye cyo kuba perezida, abapolisi n’abasirikare bagiye batatanya abari mu myigaragambyo imushyigikiye, bakabakubita abandi bakabafunga. Uganda yiteguye amatora rusange muri Gashyantare umwaka utaha 2021.
Source: Reuters

Venuste Habineza/Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga