• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
16/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
16/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Igitutu cy’abigaragambya i Nairobi cyaburijemo umugambi wo gutema igiti kimaze imyaka 100

Umwanditsi
November 12, 2020

Impirimbanyi zo kurengera ibidukikije muri Kenya zishimiye itegeko rya perezida ribuza gutema igiti bivugwa ko kimaze imyaka 100 cyari kigiye gutemwa kubera umuhanda uri hejuru y’uwundi uri kubakwa.

Izi mpirimbanyi zimaze ibyumweru zigaragambya zamagana itemwa ry’ibiti biri mu murwa mukuru ahari kubakwa umuhanda wa 27Km uzaba uri hejuru y’uwundi ugamije kugabanya umubyigano w’imodoka i Nairobi.

Iki giti cy’imbuto bita ‘fig’ cyangwa ‘figuier’ kiri hagati mu muhanda wa Waiyaki Way mu burengerazuba bwa Nairobi, abashinzwe ibikorwa remezo bari bagishyize mu bigomba gutemwa. Gusa iki si igiti nk’ibindi, kirazwi cyane aho kiri kuko bivugwa ko kimaze imyaka igera ku 100.

Iki giti perezida wa Kenya ubu yavuze ko ari ikirango cy’umurage, bityo ntawe ugomba kugitema.

Imyigaragambyo y’impirimbanyi yatumye abategetsi ba Nairobi bavuga ko kizarandurwa bakagitera ahandi ho kukibungabunga. Nabyo ntibyari bihagije ku baharanira ubusugire bwacyo.

Ejo ku wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020, Maj Gen Mohammed Badi, ukuriye urwego rwa Nairobi Metropolitan Services ishinzwe ibikorwa remezo by’umujyi, yasohoye itegeko ryatanzwe na Perezida Uhuru Kenyatta rivuga ko; “Ibikorwa by’iterambere byose bizakorwa hano bitagomba gukora kuri iki giti”.

Yavuze kandi ko icyo giti ari “ikirango n’umurage w’umuco n’ibidukikije bya Kenya.” Bamwe mu mpirimbanyi bahise batangaza ibyishimo byabo ko icyo baharaniye bakigezeho.

Kompanyi y’Abashinwa yatangiye kubaka umuhanda uzaba uteretse hejuru y’inkingi zishinze, uri hejuru y’umuhanda mugari uva ku kibuga cy’indege ugana mu burengerazuba.

Nkuko BBC ibitangaza, Bwana Badi yabwiye abanyamakuru ko bazavugana n’abari kubaka uwo muhanda ngo ntibazakore kuri icyo giti. Yavuze kandi ko kizubakirwa uruzitiro kugira ngo bakirinde kandi abantu bakomeze kwishimira ubwiza bwacyo no kukibona.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga