• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
05/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
05/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
05/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Kamonyi: Uruganda rw’umuceri rwibarutse urw’ifu y’ibigori-kawunga

Umwanditsi
December 17, 2020

Uruganda rw’ifu y’ibigori-Kawunga rwiswe Mukunguri Maize Flour ( MUMAF), rubaye urwa gatatu muri aka gace k’amayaga, rukomotse ku ruganda rw’Umuceri rwa Mukunguri-MRPIC rwahabanje. Akawunga ka mbere kamaze kugera ku isoko, mu ngano y’ibiro bitanu, icumi na 25.  

Niyongira Uzziel, umuyobozi w’uruganda rutunganya umuceri rwa Mukunguri (Mukunguri Rice Promotion Investment Company-MRPIC) ari nawe uzamuye aka gace kagezemo izi nganda uko ari eshatu, avuga ko ifu (Kawunga) bagejeje ku isoko bizeye ubwiza bwayo ndetse n’uburyohe.

Urebeye inyuma, inyubako z’uruganda rutunganya Kawunga.

Niyongira, avuga ko ibi abihera ku bushobozi bw’uruganda ndetse n’ibikoresho bafite bagereranije n’ibindi basanzwe babona hanze aha, bakongeraho imitunganyirize y’umusaruro w’ibigori bakuramo ifu, inzira banyuramo babitunganya kugera ku ifu bakeneye.

Avuga kandi ko gushinga uru ruganda rutunganya ifu y’ibigori-Kawunga babanje kubyigaho, biga ku isoko, bashaka inyubako ziberanye n’uruganda, bashaka abahanga babafasha kubona imashini zigezweho zizababashisha kugera ku bwiza bw’ifu ikenewe.

Imbere mu ruganda, imashini zigezweho.

Niyongira Uzziel, avuga ko nyuma yo kuba batangiye uru ruganda rw’akawunga, bafite gahunda yo gushyiraho urundi ruganda rwa kane ruzajya rutunganya ibiryo by’amatungo, aho narwo ngo rutazatinda.

Aka gace k’amayaga, kabanje kubakwamo uruganda rw’umuceri rwa MRPIC, aho bigaragara ko rumaze gutera imbere kandi rwunguka. Ibi bigaragazwa no kuba rugenda rubyara izindi nganda zirimo urutunganya ibicanwa-amakara ( Briquettes) biva mu bisigazwa by’umuceri, hamwe n’uru rwa Kawunga rwatangiye.

Uru ruganda rw’Ifu y’Ibigori rwuzuye, ruje gukomeza iterambere ry’aka gace k’amayaga n’iry’akarere muri rusange, rufasha abaturage mu kubaha akazi no kugura umusaruro w’Ibigori byabo. Rufite ubushobozi bwo gutunganya Toni 30 z’ibigori ku munsi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga