• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
28/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
28/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
28/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Burundi: Colonel Lucien Rufyiri yishwe arashwe

Umwanditsi
May 25, 2016

Colonel Lucien Rufyiri wahoze mu ngabo z’uburundi, yiciwe imbere y’urugo rwe mu ngagara arashwe.

Kuri uyu wa gatatu Taliki ya 25 Gicurasi 2016, ahagana saa tanu z’amanywa nibwo Colonel Lucien Rufyiri yishwe arasiwe imbere y’iwe mu ngagara.

Amakuru intyoza.com ikesha ijwi rya America, ngo ni uko hari umuntu utashatse ko amazina ye atangazwa, uvuga ko abishe Colonel Rufyiri bari mu modoka yari ifite ibirahure byijimye bidatuma ureba uyicayemo, ngo yiriwe itembera muri karitsiye hafi y’aho nyakwigendera yari atuye, gusa ngo ntawigeze atekereza ko yarimo abagizi ba nabi cyangwa abicanyi.

Umuvugizi w’Igipolisi cy’Uburundi Pierre Nkurikiye, yatangaje ko abishe Colonel Lucien Rufyiri bamurasiye imbere y’iwe atashye ava ku biro bya zone Ngagara, avuga ko bamurashe amasasu agera muri ane bakoresheje imbunda nto yo mu bwoko bwa pisitore( Pistolet).

Igipolisi cy’Uburundi cyatangaje ko abishe Colonel Rufyiri batabashije kumenyekana ko iperereza ryatangiye ngo habashe kumenyekana uwamwishe, igipolisi kivuga ko kandi iperereza rishobora kwihuta ngo cyane ko ibyabaye byakozwe ku manywa abantu bagendagenda.

Uretse kandi kuba uyu Colonel Lucien Rufyiri yishwe, undi warashwe agakomereka ni umuhungu we ngo wari aje ku mukingurira agafatwa n’amasasu.

Benshi mu bakurikirana ibibazo bya Politike y’ubutegetsi kuri Leta iyobowe na Perezida nkurunziza, bakomeje kwibaza imvo n’imvano hamwe n’amaherezo y’iyicwa ridasiba cyane kubasirikare bo mu rwego rwo hejuru mu Burundi n’abaturage muri rusanjye.

Intyoza.com

 

 

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga