• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Muhanga: Meya abajijwe iby’imodoka zitwara abantu zibashyize mukaga ko kwandura Covid-19, ati“ Ubu nibwo buryo buhari…”

Umwanditsi
January 25, 2021

Umwe mu banyamakuru bakorera mu karere ka Muhanga, abajije Meya ikibazo cy’abantu bafatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, uburyo batwarwa mu modoka zirimo iz’Akarere na polisi kandi mu buryo bushyira ubuzima bwabo mu kaga ka Covid-19, asubiza ko nta bundi buryo buhari bwo kubatwara. Anabajijwe kandi ikibazo cy’abanyerondo bivugwa ko bahohotera abaturage, aho ngo babatwara udufaranga twabo iyo babafashe.

Mu kubaza ikibazo, abinyujije ku rubuga rwa WhatsApp ruhuza abanyamakuru n’abayobozi mu karere ka Muhanga, umunyamakuru yagize ati “ Maze igihe mbona uko imodoka zitwara abarenze ku mabwiriza zibapakira ku buryo bugaragaza ko bakwanduzanya kubera ikibazo cy’umubyigano uko bashyirwamo nabi, murabivugaho iki “?.

Yakomeje ati “ Usibye ijisho ry’umunyamakuru ryabyiboneye abaturage barababaye cyane kubona bakorerwa ibikorwa nka biriya byabaviramo kwandura, bakifuza ko byaba byiza mugiye mubashorera kugeza aho basobanurirwa bagakoresha amaguru, cg imodoka zigashyirwamo uburyo bwo gusukura intoki sanitizers, cg hagashyirwamo bake bake”.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline mu gusubiza yabanje kubaza ati“ Izi modoka zitwara bande? Abagenzi? Bajya he? Tubwire aho byagaragaye tubone aho duhera dukurikirana!”.

Umunyamakuru atitaye ku kuba yari atarasubizwa, yabanje asubiza Meya ati“ Izo modoka ni izitwara abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 iy’akarere, iy’umurenge wa Nyamabuye na pandagari za police”.

Aha bigaragara ko noneho Meya yari yumvise neza ikibazo, niko gusubiza ati “Ubu nibwo buryo buhari bwo kugeza abantu batubahirije amabwiriza yo kwirinda covid, ubushobozi bwo gutwara umwe umwe bwo ntibwashoboka, ikindi ntibarara aho bafatiwe, birasa n’ aho kubafata ari cyo mubaye ikibazo”!?.

Akomeza ati “ Ariko icyaba cyiza byaba kwirinda kugwa muri ayo makosa bikaza kumufasha no kwirinda izi ngaruka zishobora kumuviramo no kwandura. Dushyire imbaraga mu gufasha abantu kumva neza igikwiye. Ibisigaye ingamba zizajya zinozwa uko bishobotse”.

Umunyamakuru, yakomeje agaragaza ko gufatwa kw’abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 ataricyo kibazo, ko ndetse abafatwa ataribyo binubira. Yibutsa umuyobozi ko atari byiza ko ifatwa ryabo ryabaviramo kwandura ngo bajye no kwanduza abo basize mu rugo, ko icyaba cyiza ari uko bajya bashyirwa hamwe, itsinda ryamara kugwira bagaherekezwa n’amaguru by’umwihariko nk’abari mu mujyi hafi, hanyuma noneho imodoka zikajya kuzana abo mu nkengero bo baba ari bake.

Muri uku kwereka Meya Kayitare bimwe mu bubazo abanyamakuru babona mu karere ayoboye bibangamira abaturage nkuko baba batumye ngo bababarize, yabwiye Meya ikibazo kivugwa n’abaturage ko babangamirwa n’Abanyerondo, aho ngo bamwe muri bo iyo bafashe umuntu watinze gutaha bamukiza ayo afite. Yatanze urugero rw’aho hari uwo azi baciye ibihumbi 5 by’amanyarwanda, undi bamugezeho ababwira ko asigaranye 2k gusa, ngo bapfa kuyemera ariko bamugerekeraho ibitutsi bitoroheje.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga