• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Ibintu byakomeye muri Centrafrika, inyeshyamba zagose umurwa mukuru

Umwanditsi
January 31, 2021

Ku murwa mukuru wa Centrafrika( RCA/CAR) Bangui ibintu ntabwo byoroshye mu gihe inyeshyamba zagose uyu mujyi, nkuko bivugwa n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe.

Martin Ziguélé, avuga ko iminsi yose hahora intambara mu gihugu cyose kandi ko nawe ubwe adashobora kuva i Bangui adaherekejwe n’abasirikare.

Umuryango w’Abibumbye-ONU ivuga ko abantu barenga 200.000 bataye ingo zabo kuva intambara yaduka mu kwezi gushize. Kugeza ubu, bibiri bya gatatu (2/3) by’igihugu cyose biri mu maboko y’inyeshamba.

Centrafrika-RCA, ni kimwe mu bihugu bya Afrika bikennye kandi birangwamo umutekano muke, n’aho gifite ubutaka bwuzuye amabuye y’agaciro nka diamand na uranium. ONU ivuga ko hafi igice cy’abanyagihugu bose babeshejweho n’imfashanyo z’abagiraneza.

Ubu inyeshyamba zigose umurwa mukuru Bangui ntizemera itorwa rigira kabiri rya Perezida Faustin Archange Touadéra mu matora yo mu kwezi kwa cumi na kabiri umwaka wa 2020, bashaka ko ava ku butegetsi.

Umurwa mukuru Bangui urindiwe umutekano n’ingabo za Leta zifashwe mu mugongo n’ingabo za ONU. Mu ntangiriro z’uku kwezi hatangajwe amategeko yo mu ntambra.

Ziguélé, yabaye uwa gatatu mu matora ashize, avuga ko intumbero ya buri muntu ari uko inzira nyamukuru y’ubukiriro hagati ya Bangui n’ubuseruko/uburasirazuba bwa Kameruni iguma yuguruye/ifunguye.

Yabwiye ibiro ntaramakuru by’abongereza Reuters kuri terefone ati: “Si nshobora kuva i Bangui…ntaherekejwe n’abasirikare bafite ibirwanisho bikomeye. Ngaho rero tekereza abanyagihugu bandi. Ushyizemo n’izi ngingo z’ukubuza urujya n’uruza mu ijoro hamwe n’aya mategeko yo mu ntambara – ibintu ntibyoroshye na gato”.

Ziguélé ashyigikiye umugambi wa ONU wo kongera ingabo zayo muri iki gihugu ariko akavuga ko hakenewe mu buryo bwihuta ibiganiro hagati y’impande zombi.

Ati: “Igisubizo cy’ingabo sicyo cyonyine gikenewe kugirango ikibazo cy’umutekano, imibereho n’ubukungu, ikibazo gishobora gushyira mu kaga iki gihugu kimwe mu bihugu bikennye ku isi, kibonerwe umuti”.

Ingabo zagiye gufahsa kubungabunga amahoro n’umutekano muri RAC nizo ziri ku rubuga.

Ishami rya ONU ryita ku mpunzi, HCR rivuga ko hafi impunzi 92.000 zahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo-DRC, naho abarenga 13.000 bahungiye muri Kameruni, Tchad na Congo Brazaville. Rivuga ko abandi bahungiye hagati mu gihugu.

Umuvugizi wa HCR i Geneva yabwiye abanyamakuru ko ibitero by’inyeshyamba bibangamiye uburyo bwo gushyikira abantu i Bangui kandi ko abantu benshi “bari mu kangaratete”.

Uyu muvugizi Boris Cheshirkov nkuko BBC ibitangaza, avuga ko indwara zatse indaro kandi ko bamwe muri abo bahungiye hagati bemera gutanga umubiri (gusambanywa) kugira ngo baronke ibyo bashyira ku munwa.

Ingabo za ONU zavuye mu Rwanda zicunze umutekano ku birindiro ku mihada ikikije umujyi wa Bangui.

Inama mpuzamahanga ku karere k’ibiyaga bigari (CIRGL/ICGLR) isaba ko intambara zihagarara hanyuma inyeshyamba “zigaheba umugambi wazo wo kugota Bangui”.

Iri shyirahamwe CIRGL/ICGLR rihuriwemo n’ibihugu 12 riramenyesha ko iyi ntambara ishobora kubangamira ibihugu bituranyi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga