• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Somalia: Benshi barimo n’Umujenerali biciwe mu gitero cya Al Shabab

Umwanditsi
February 1, 2021

Perezida wa Somalia yatangaje akababaro yatewe n’urupfu rwa Jenerali Mohamed Nur Galal, umwe mu baguye mu gitero cy’umutwe Al Shabab kuri hoteli iri mu murwa mukuru Mogadishu.

Umubare mushya w’abapfuye ni abantu 10 biciwe muri icyo gitero cy’ibiturika cyakurikiwe no kurasana, cyabaye ejo ku cyumweru nimugoroba, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’igipolisi.

Umunyamakuru wa BBC i Mogadishu avuga ko humvikanye guturika gukomeye kw’ibintu byinshi kuri iyi hoteli iri hafi y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Mogadishu.

Umutwe wa Al Shabab wahise wigamba ko ari wo wakoze icyo gitero cyifashishije imodoka itwaye ibintu biturika ikinjira ku ngufu muri hoteli mbere yo guturika. Abarwayi bayo bamwe bahise bafata iyi hoteli ingabo zerekezayo kurwana nabo.

Mohamed Farmaajo yatangaje ko mu bapfuye harimo umugabo wahoze ari jenerali mu ngabo za Somalia.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter agira ati: “Imana igirire impuhwe abanyasomaliya baguye muri iki gitero cya kinyamaswa, ndihanganisha abababajwe n’urupfu rwa jenerali Mohamed Nur Galal, wahoze mu ngabo za Somalia”.

Kuri uyu wa mbere mu gitondo, ingabo za Leta zatsinze abarwanyi ba Al Shabab bari bahise bigarurira iyi hoteli, nk’uko ibiro ntaramakuru Reuters bibivuga.

Umuvugizi w’igipolisi Sadik Ali yagize ati: “Kurwanya abagabye igitero byarangiye. Abantu icyenda bapfuye harimo bane bari mu bagabye igitero, n’abasiviri 10 barakomereka”.

Hoteli yatewe nkuko BBC ikomeza ibitangaza, izwiho kuba ari ahantu hakunze guhurira abantu bo mu butegetsi bwa Somalia. Al Shabab irwanya ubutegetsi, ikunze gukora ibikorwa nk’ibi by’ubwiyahuzi mu gutera no kwica abo mu butegetsi bw’igihugu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga