• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
22/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET
22/10/25
Kamonyi-Mugina: Inteko rusange y’abahoze ari Abarobyi bakaza guhinduka abahinzi b’Umuceri yasojwe habura Ingumi
22/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro

Perezida Kagame yitabiriye umukino wa nyuma wa UEFA Champions League

Umwanditsi
May 29, 2016

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, ni umwe mu bakuru b’ibihugu bari bibereye ku mukino wa nyuma w’igikombe cya UEFA Champions League.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, akomeje kwerekana ko ari umwe mubakuru b’ibihugu bakunda umupira w’amaguru n’imikino muri rusanjye.

Umukino wa nyuma wa UEFA Champions League wahuje Real Madrid na Atletico Madrid zose zo muri Espagne ndetse zikaba ari izo mu mujyi umwe wa Madrid, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yari yibereye kuri Sitade y’i Milan mu butariyani yirebera imbona nkubone uko Real Madrid itwara igikombe cya 11 cya UEFA Champins League.

Urukundo uyu mukuru w’Igihugu cy’u Rwanda akunda umupira w’amaguru rugaragarira mu bikorwa bitandukanye haba mu Rwanda, mu karere no ku Isi muri rusanjye.

Perezida Kagame, twibutse ko atera inkunga irushanwa ryanamwitiriwe aho mu karere hari amarushanwa ya CECAFA Kagame Cup, mu Rwanda hari Umurenge Kagame Cup hatirengagijwe ubufasha butandukanye amakipe yo mu Rwanda yagiye amukesha.

Uretse ibi, Perezida Kagame ni umwe mubakuru b’Ibihugu ukunda kugaragaza icyo atekereza ku iterambere ry’umupira w’amaguru n’imikinire yawo, ku mbuga nkoranya mbaga uzasanga adatinya kugaragaza icyo atekereza yaba abajijwe n’abakunzi bawo cyangwa se ubwe abona hari ibitagenda neza mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Perezida Kagame, ni umukunzi akanaba umufana w’umupira w’amaguru udatinya kubigaragaza, by’umwihariko ni umufana w’ikipe ya Arsenal yo mubwongereza.

kuri uyu mukino wahuje Real Madrid na Atletico Madrid, iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye ari igitego 1-1, hongeweho iminota 30 birangira nta gihindutse bitabaza penaliti aho Real Madrid yinjije 5-3 za Atletico Madrid bityo Real itwara igikombe cya UEFA Champions League cya 11.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5895 Posts

Politiki

4146 Posts

Ubuhinzi

149 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga