• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Radio na TV z’abarundi bivugwa ko zakoreraga mu Rwanda zahagaritse ibiganiro

Umwanditsi
March 24, 2021

Amaradiyo RPA (Radio Pubique Africaine), Inzamba na Radio-Television Renaissance yatangaje ko kuva kuri uyu kuri wa gatatu tariki 24 Werurwe 2021 yahagaritse imirimo “ku mpamvu zitaduturutseho”.

Ibyo binyamakuru bivugwa ko byakoreraga mu Rwanda nyuma yo gusenywa mu Burundi mu mvururu zakurikiye igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi bwa nyakwigendera Perezida Pierre Nkurunziza mu 2015.

Inzamba nubwo itabagaho mu Burundi yakoragamo bamwe mu bahoze muri radiyo Bonesha FM bahungiye hanze.

Bonesha FM nayo yari yasenywe ariko iherutse gusubira gushyikiriza ibiganiro nyuma y’aho ikuriweko ibihano n’urwego rushinzwe gukurikirana no kumenyesha amakuru mu Burundi, CNC.

U Burundi n’U Rwanda bimaze igihe biri mu biganiro byo gusubira kunga imigenderanire myiza yahungabanye kuva mu 2015.

Kimwe mu byo Uburundi bwasabaga U Rwanda kugira ngo iyo migenderanire yongere kuba myiza ni ugushyikiriza ubutabera bw’U Burundi abarundi bahungiye mu Rwanda bakurikiranwa ku ruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi mu kwezi kwa gatanu mu 2015.

Leta ya Gitega nkuko BBC ibitangaza, isaba kandi ko ubutabera bwayo bushyikirizwa n’U Rwanda abandi buvuga ko bahungiye mu Rwanda bakurikiranyweho uruhare bagize mu bikorwa by’imyigaragambyo yo mu 2015. Muri abo harimo bamwe mu bakora muri ibyo binyamakuru byari bisigaye bikorera mu Rwanda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga