• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed yemeje ko ingabo za Eritrea zigiye kuva muri Tigray

Umwanditsi
March 26, 2021

Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed yatangaje ko Eritrea yemeye gucyura ingabo zayo izivana mu karere ka Tigray. Ibi bibaye nyuma y’ibitero by’izi ngabo muri Tigray byamaganywe cyane n’amahanga, ariko leta ya Addis Ababa n’iya Asmara byabanje guhakana.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo Abiy Ahmed yemeye bwa mbere ko ingabo za Eritrea zambutse umupaka, nyuma y’amezi abihakana. Yabwiye abagize inteko ishingamategeko ko izo ngabo zinjiye muri Tigray zitinya ko abarwanyi baho batera Eritrea.

Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa gatanu nkuko BBC ibitangaza, Abiy Ahmed yavuze ko ibiganiro na Perezida Isaias Afwerki wa Eritrea bumvikanye ko; “Ingabo za Ethiopia arizo zihita zirinda akarere k’umupaka uwo mwanya“.

Rivuga kandi ko Ethiopia na Eritrea “bizakomeza ubufatanye bw’ibihugu n’imishinga y’ubukungu”.

Ingabo za Eritrea n’iza Ethiopia zishinjwa ibikorwa by’ubwicanyi, gufata abagore ku ngufu n’iyicarubozo ku basivili muri Tigray aho zivuga ko ziri mu bikorwa byo kurwanya abagumutse ku butegetsi.

Abarwanyi b’ishyaka TPLF rifite imizi muri Tigray, ubu bagamije ubwigenge bw’intara ya Tigray, bamaze igihe mu mirwano ya hato na hato n’izo ngabo. Mu mpera z’umwaka ushize, leta ya Addis Ababa yatangije intambara yo “gusubiza ku murongo” Tigray, ishinja ishyaka TPLF gushaka kuvana iyo ntara ku gihugu.

Abiy Ahmed na Isaias Afwerki bishimira gufungura ambasade ya Eritrea i Addis Ababa mu kwa karindwi 2018

Eritrea na Ethiopia ni ibihugu byarebanaga ay’ingwe mu gihe cy’imyaka irenga 50, aho myinshi muri yo ishyaka TPLF ari ryo ryari ku butegetsi muri Ethiopia. Nyuma yo kujya ku butegetsi, Abiy Ahmed yagiye yigizayo abo mu ishyaka rya TPLF batumvikanye nawe. Yasubiranyije umubano wa Eritrea na Ethiopia, anabiherwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu 2019.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga