• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
03/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
03/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
03/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%

Indonesia: Igisasu cyaturikijwe n’abiyahuzi cyakomerekeje abari mu Misa ya Mashami

Umwanditsi
March 29, 2021

Igisasu bicyekwa ko cyaturikijwe n’umwiyahuzi hanze ya kiliziya mu mujyi wa Makassar muri Indonesia cyakomerekeje abantu batari munsi ya 14, nkuko polisi yabivuze.

Polisi yavuze ko igisasu cyaturitse ubwo abantu babiri bageragezaga kwinjira mu kiliziya mu misa y’umunsi mukuru wa mashami, umunsi wa mbere w’icyumweru kibanziriza Pasika.

Aho cyaturikiye habonetse moto yashwanyutse n’ibice bimwe by’imibiri, ndetse polisi yavuze ko abantu babiri bagabye icyo gitero bapfuye.

Mu gihe cyashize, intagondwa ziyitirira idini ya Islam zagabye ibitero kuri za kiliziya, ariko kugeza ubu nta mutwe wari wigamba icyo gitero cyo kuri iki cyumweru.

Polisi yavuze ko abantu batari munsi ya 14 bakomeretse, barimo n’abakozi bo ku kiliziya babuzaga ko abagabye icyo gitero binjira muri iyo katederali.

Igisasu cyaturitse hafi saa yine n’iminota 30 (10h30) ku isaha yaho – ni ukuvuga hafi saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo (05h30) mu Rwanda no mu Burundi – ubwo misa ya mashami yari irangiye.

Argo Yuwono, umuvugizi wa polisi ya Indonesia, yagize ati: “Hari abantu babiri bari bari kuri moto ubwo igisasu cyaturikaga ku muryango munini – ababikoze bari barimo bagerageza kwinjira mu rugo [rwa kiliziya]”.

Padiri Wilhelmus Tulak wo kuri iyo kiliziya, yabwiye Metro TV ko abacunga umutekano bahanganye n’umwe ucyekwaho kwiturikirizaho icyo gisasu. Yavuze ko uwo ucyekwaho kugaba icyo gitero yaje kuri moto akagerageza kwinjira mu kiliziya.

Iryo turika ryabereye ku muryango wo mu ruhande rw’iyo kiliziya. Amashusho ya ‘cameras‘ z’umutekano agaragaza umuriro, umwotsi n’ibisigazwa birimo gutumukira hagati mu muhanda.

Danny Pomanto, umukuru w’umujyi wa Makassar nkuko BBC ibitangaza, yavuze ko iyo icyo gisasu kiza guturikira ku muryango munini, cyari kwibasira benshi kurushaho.

Gomar Gultom, ukuriye akanama k’amatorero muri Indonesia, yavuze ko igitero ku bantu bizihiza umunsi mukuru wa mashami ari “ubugome burenze“. Yashishikarije abantu gukomeza gutuza no kwizera abategetsi.

Mu bihe byashize, za kiliziya zagiye zigabwaho ibitero n’abahezanguni muri Indonesia – igihugu cya mbere ku isi gituwe n’abayisilamu benshi.

Mu 2018, abantu babarirwa mu macumi biciwe mu bitero by’ibisasu byagabwe kuri za kiliziya no ku biro bikuru bya polisi mu mujyi wa Surabaya uri ku cyambu. Icyo gihe polisi yavuze ko byakozwe n’umutwe Jamaah Ansharut Daulah (JAD) ufatira urugero ku mutwe wiyita leta ya kisilamu (IS).

Iki gihugu cyo muri Aziya y’amajyepfo ashyira uburasirazuba kimaze igihe kigorwa n’ibibazo by’intagondwa ziyitirira Islam.

Igitero cya mbere cyahitanye abantu benshi cyabereye mu ntara ya Bali mu mwaka wa 2002, ubwo abantu 202 – biganjemo abanyamahanga – bicirwaga mu karere gakunze gusurwa na ba mukerarugendo.

Icyo gitero cyakozwe n’umutwe w’intagondwa wa Jemaah Islamiah (JI), gituma habaho kwihutira guhashya intagondwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5825 Posts

Politiki

4076 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga