• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
18/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Laurent Gbagbon yagizwe umwere na ICC nyuma y’imyaka 10

Umwanditsi
April 1, 2021

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha-ICC rwaburanishaga ubujurire bwa Laurent Gbagbon wahoze ayoboye Cote d’Ivoire rwamugize umwere, ahanagurwaho ibyaha byose yashinjwaga byakorewe ikiremwa muntu.

Bwana Gbagbo niwe mukuru w’igihugu wa mbere washyikirijwe ICC, akaba yararegwaga ibyaha bijyanye n’ubwicanyi bwakurikiye amatora muri Cote d’Ivoire ku ngoma ye, hashize imyaka 10.

Ubushinjacyaha bwari bwajuririye icyemezo cy’urukiko cyari cyagize Gbagbon umwere, buvuga ko nubwo habaye amakosa mu iburana, kumuhamya icyaha kwari kwerekanywe nta gukekeranya.

Bwana Ggagbo w’imyaka 75 ubu yari acumbikiwe mu Bubigiri nyuma yo kugirwa umwere bwa mbere na ICC mu 2019, akaba yizeye guhita atahuka muri Cote d’Ivoire mu gihe kujurira k’ubushinjacyaha kwateshejwe agaciro.

Mu mwaka ushize muri Cote d’Ivoire nkuko BBC ibitangaza, hadutse itana mu mitwe ryaguyemo n’abantu, igihe mukeba w’igihe kirekire wa Bwana Gbagbo ari we Alassane Ouattara, yatangaza ko azasubira kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’Igihugu.

Abashyigikiye Laurent Gbagbo akanyamuneza kari kose mu gihe icyumba kiburanishirizwamo ubujurire cya ICC hatangazwaga ko agizwe umwere.

Ubwicanyi bwakurikiye amatora yo mu 2010 bwatangiye igihe Laurent Gbagbo yari amaze imyaka cumi ku butegetsi yanga kwemera ko yatsinzwe mu gihe yavugaga ko ariwe watsinze amatora.

Yaje gufatwa n’ingabo za ONU zifatanije n’iz’Ubufaransa, bamusanze muri Hotel yari yihishemo we n’umugore we Simone Gbagbo, ahita ajyanwa i La Haye kuri ICC.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga