• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yibukije Igisirikre kuba maso, ko umwanzi atari kure

Umwanditsi
April 25, 2021

Evariste Ndayishimiye, Perezida w’u Burundi ubwo yatangizaga umwaka w’ishuri ry’Igisirikare-ISCAM kuri uyu wa Gatanu ushize, yahamagariye abasirikare bose kuba maso muri iyi minsi no kwitegura kurwanya umwanzi aho yava hose.  Yababwiye ko umwanzi atari kure.

Perezida Ndayishimiye, nk’umukuru w’Igihugu asanga Igisirikare gikwiye guhora cyiteguye kurwanya umwanzi umwanya uwo ariwo wose ntaho kibogamiye. Igihe yarimo atangiza umwaka w’ishuri 2020-2021, muri Kaminuza ya Gisirikare ISCAM, Perezida Ndayishimiye yongeyeho ko n’”ubu umwanzi atari kure”, asaba kuba maso.

Umukuru w’Igihugu, yibukije Igisirikare ko gikwiye kwirinda abanyepolitiki babata mu bibazo nk’uko byabaye mu bihe byashize mu gushaka gufata ubutegetsi ku ngufu. Yabasabye kumvira inama n’impanuro z’abakuru.

Muri ibyo birori, Umukuru w’Ibiro bikuru bya Gisirikare, Prime Niyongabo yemereye umukuru w’Igihugu guhora amuyobora, kandi ko agiye guhora abishishikariza abasirikare ayoboye.

Minisitiri w”ingabo, Alain Tribert Mutabazi yasabye ingabo kuba maso bagakingira imbibe z’Igihugu. Muri ibi birori byo gutangiza umwaka w’ishuri rya Gisirikare no guha impamyabushobozi abarangije muri iyo Kaminuza, abatagetsi batandukanye bashimiye ingabo ko zirinze igihugu mu myaka itanu ishize, aho hari abo bise ko bahemutse bashatse guta Igihugu mu makuba.

Mu kwizihiza ibi birori, hari abasirikare bahawe amashimwe cyangwa se ibihembo, barimo umuyobozi wa ISCAM Colonel Gaspard Baratuza, aho yashimiwe ko basubije ibintu mu buryo, bakagarura n’abasirikare yemeje ko bari bataye umurongo mu gushaka guhirikka inzego mu mwaka wa 2015.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga