• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Abakobwa babiri bo muri Kameruni bakatiwe igifungo cy’imyaka 5 bazizwa guhuza ibitsina

Umwanditsi
May 12, 2021

Abakobwa babiri bahinduye imikorere y’ibitsina byabo muri Cameroun baciriwe urubanza, bahanishwa gufungwa imyaka itanu n’ihazabu y’amadorari 370 y’abanyamerika umwe umwe.

Njeukam Loic Midrel, azwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, hamwe na Mouthe Roland uzwi ku kazina ka Patricia bahagaritswe ku wa 08 z’ukwa kabiri uyu mwaka bashinjwa ko “bashaka guhuza ibitsina kandi babisangiye”.

Nyuma y’icyemezo cy’urukiko kibangira kurekurwa by’agateganyo, ndetse n’urubanza rwabo rukagenda rusubikwa kenshi, rwagiye kurangira nijoro kuri uyu wa kabiri bahamijwe ibyaha mu rukiko rw’akarere rwa Bonanjo Douala.

Umwunganizi wa Alice Kom yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko uru rukiko rwabahaye igihano kirenze urugero “kandi ari bwo bwa mbere bari bakoze icyo cyaha”.
Avuga ko bagiye kubijuririra.

Ati”Tugiye gukomeza urugamba mu rukiko rw’ubujurire. Iyi ngingo ishobora kubangamira umutekano w’abantu basanzwe bari mu bahuza ibitsina babisangiye (LGBTQ)”.

Maximillienne Ngo Mbé, umukuru w’ishyirahamwe riharanira uburenganzira bwa muntu, nawe yiyemeje guhangana n’incuti za Kameruni kuri iyi ngingo – akavuga ko “igihugu cyahonyanze amategeko mpuzamahanga cyashyizeho umukono”.

Igihugu cya Kameruni kiri mu bihugu 33 bifata ko guhuza ibitsina hagati y’ababisangiye ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Ifungwa ry’aba bakobwa babiri ryerekana ko abantu bari mu itsinda ry’abahuza ibitsina babisangiye muri icyo gihugu bari mu ngorane.

Ishyirahamwe Human Rights Watch riharanira Uburenganzira bwa muntu, rivuga ko inzego z’umutekano za Cameroun zahagaritse, zitera ubwoba cyangwa zihohotera nibura abantu 24 kuva mu kwa kabiri mu rugamba rwo kurwanya abahuriye mu ishyirahamwe ry’abagabo cyangwa abagore bahuza ibitsina n’abo babisangiye (LGBT).

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga