• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
06/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
06/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
06/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Kamonyi: Ab’umuryango w’ Umuturage wamenwe ijisho na DASSO baratabaza, ngo baratereranwe

Umwanditsi
May 26, 2021

Icyumweru kirashize umuturage wo Mukagari ka Ngoma, Umurenge wa Nyamiyaga akubiswe na DASSO akamumena ijisho. Ubu kwa muganga bamaze kurikuramo. Umuryango w’uyu muturage uravuga ko kuva bamugeza kwa muganga batarabona umuyobozi n’umwe ubageraho, byaba kubasura cyangwa se kubafasha mu kuvuza no kumurwaza. Barasaba ubuyobozi kubaba hafi kuko bahohotewe n’umukozi wabwo.

Twiringiyimana Aimable w’imyaka 30 y’amavuko, niwe muturage wakubiswe ndetse amenwa ijisho na DASSO witwa Usabuwera Jean Baptiste wakoreraga mu Kagari ka Ngoma, Umurenge wa Nyamiyaga ( ubu arafunze). Ibi byaje kuviramo uyu muturage kujyanwa kwa muganga ndetse birangira ijisho barikuyemo kuko ryari ryangiritse cyane.

Aho uyu muturage arwariye ku bitaro by’amaso bya Muganza, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi, umubyeyi we( Mama) umurwaje avuga ko ubuyobozi bwamutereranye kandi ubumuga umwana we afite yarabutewe n’umukozi wabwo.

Nyiraguseruka Rose, Nyina wa Twiringiyimana ari nawe kenshi uba umuriho, avuga ko kuva bagera kwa muganga bakomeje kwirwariza muri byose, ko nta n’umuyobozi uramugeraho. Ati“ Kugeza ubu ni njye wirwariza muri byose, sinzi umunsi bambariye uko bizagenda. No kumugaburira kubera imisaya bayijanjaguye ni ukujya ku kantu k’aka Resitora tukagura ibintu by’amasosi tukamuha dukoresheje ikiyiko”.

Akomeza ati“ Ubu byarancanze nanjye sinzi! Na gitifu narabimubwiye kuko nabonaga ntawe utwitayeho, aravuga ngo arabibwira akarere, akagumya gutyo, nta murongo mbese, nta gaciro babiha”. Akomeza asaba ko ubuyobozi bwamwitaho kuko ubushobozi mu kwita no kuvuza uyu muhungu we, ntabwo.

Soma hano inkuru bijyana, ku byabanje;Kamonyi: Gukubitwa na DASSO byamuviriyemo gukurwamo ijisho

Kubwimana Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, ku murongo wa terefone yabwiye intyoza.com ko kuri uyu wa Kane aribwo ari bujye kumusura, ariko kandi ngo araza ku muhamagara, ngo ni baganira ni nabwo azamenya icyo akora. Ariko kandi ngo “nk’umuntu ugiye gusura umurwayi ntabwo agenda imbokoboko”.

Ubwo twamaraga kwandika iyi nkuru, twamenye ko uyu Twiringiyimana Aimable yasezerewe mu bitaro ahabwa igihe azagarukira ku bitaro. Gusa abo mu muryango we bavuga ko bitaboroheye mu mikoro, aho basaba izindi mbaraga z’ubuyobozi mu mikoro yo gukomeza kumwitaho.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga