• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
28/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
28/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
28/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
28/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Uganda na DR Congo bamaze gusinyana amasezerano y’ubufatanye

Umwanditsi
May 28, 2021

Leta ya Uganda n’iya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo byasinyanye amasezerano yubufatanye mu kubaka imihanda, guteza imbere ubucuruzi ndetse n’ibijyanye no kurinda umutekano. Ni umuhango wabereye Entebbe ku ngoro ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Ibi bibaye nyuma y’iminsi mike havugwa inkuru y’ukwambuka kw’ingabo za Uganda zijya muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo guhashya inyeshyamba za ADF zimaze imyaka itari mike zifite indiri yazo muri icyo gihugu, aho ziva zirwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Ayo masezerano nkuko VOA ibitangaza, yashyizweho umukono kuri uyu wa gatanu na Perezida Museveni ku ruhande rwa Uganda na Christophe Lutundula Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ari na we wungirije Minisitiri w’Intebe ku ruhande rwa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.

Perezida Museveni, yavuze ko impamvu ariwe ubwe wisinyiye aya masezerano ari uko nta Guverinoma arashyiraho. Nubwo ingabo za Uganda bivugwa ko zamaze kugera ku butaka bwa DR Congo mu rwego rwo guhashya imitwe y’inyeshyamba nka ADF irwanira yo, ikaba inarwanya ubutegetsi bwayo, byitezwe ko izi ngabo zizanafasha mu gucungira umutekano abagiye gushyira mu bikorwa uyu mushinga, by’umwihariko iyubakwa ry’imihanda.

Mu butumwa Perezida Felix Tshisekedi yoherereje mugenzi we wa Uganda, yavuze ko yizeye cyane ubufasha bwe mu gukemura ibibazo by’umutekano muke bimaze igihe muri iki gice cy’uburasirazuba bwa DR Congo, ariko kandi n’ibijyanye n’iterambere ry’ibihugu byombi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga