• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/11/25
Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy’Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50
16/11/25
Ruhango-Kabagali: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho Ubujura bw’Intsinga z’Amashanyarazi yari atwaye
16/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
16/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu

Indonesia: Umugabo urwaye Covid-19 yatahuwe mu ndege yigize umugore

Umwanditsi
July 23, 2021

Umugabo wanduye Covid wo muri Indonesia wiyoberanyije akigira nk’umugore we ngo abashe kwinjira mu ndege mu rugendo rw’imbere mu gihugu, yatahuwe mu kirere urugendo rugeze hagati.

Izina ry’uwo mugabo ryatangajwe gusa mu nyuguti ebyiri ziritangira za DW. Yari yambaye umwitandiro wo mu maso hose w’abayisilamu uzwi nka ‘niqab’, kugira ngo ashobore kwinjira muri iyo ndege.

Uyu mugabo nkuko BBC ibitangaza, yari afite urwandiko rw’inzira (passport) rw’umugore we ndetse n’icyemezo cy’umugore we cyerekana ko nta Covid afite.

Birashoboka ko atari gutahurwa iyo hagati mu rugendo adahinduranya imyenda akambara iye isanzwe, bigatuma umwe mu bagore bakora mu ndege bita ku bagenzi atabaza ko hari ikibazo.

Nyinshi muri kompanyi z’indege zagabanyije ingendo muri iki gihe cy’ikiruhuko cy’umunsi mukuru w’igitambo w’abayisilamu wa Eid al-Adha, cyatangiye ku itariki ya 19 y’uku kwezi kwa karindwi.

Polisi yabwiye abanyamakuru ko uwo mugabo yafunzwe nyuma yuko indege igeze ku kibuga, kandi ko yahise apimwa Covid. Nyuma yo kumusangamo Covid, yategetswe kwishyira mu kato mu rugo iwe. Polisi yavuze ko icyo gihe cy’akato nikirangira izahita imurega mu rukiko.

Ibi bibaye mu gihe muri Indonesia hakajijwe ingamba zijyanye no kugabanya ingendo. Iki gihugu mu buryo bwihuse cyahindutse izingiro ry’iki cyorezo ku mugabane w’Aziya.

Iki gihugu cyo muri Aziya y’amajyepfo ashyira uburasirazuba, buri munsi kirimo gutangaza abantu hafi 50,000 bashya banduye. Mu byumweru bya vuba aha bishize, ibitaro byarengewe ubushobozi kubera ubwiyongere bw’abarwayi ndetse n’ubucye bw’ibikoresho nk’umwuka wa oxygen wo gufasha abarwayi guhumeka.

Abantu miliyoni eshatu bamaze kwandura, muri bo abagera ku 79,000 bamaze kwicwa n’iki cyorezo, muri iki gihugu gituwe n’abarenga miliyoni 270. Ibikorwa byo gukingira bigenda gahoro hamwe n’ubwoko bushya bwa Covid bwa Delta bwandura vuba kurushaho, bivugwa ko ari byo birimo gutuma iyi virusi ikomeza gukwirakwira muri Indonesia.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5914 Posts

Politiki

4164 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1032 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga