• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Ese Nzamwita Vincent de Gaulle yaba agiye kuva muri FERWAFA?

Umwanditsi
June 6, 2016

Umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, Nzamwita Vincent de Gaulle yasabiwe n’ubushinjacyaha igifungo cy’imyaka 3.

Nyirabayazana w’isabirwa ry’iki gifungo cy’imyaka itatu kuri uyu muyobozi wa Ruhago mu Rwanda, ni Ihoteli y’inyenyeli enye igomba kubakwa ku mafaranga y’u Rwanda asaga Miliyari enye.

Kuri uyu wa mbere Taliki ya 6 Kamena 2016, urubanza ubushinjacyaha buregamo uyu muyobozi mukuru wa FERWAFA mu rukiko rwa nyarugunga nibwo rwatangijwe mu mizi, aregwana kandi n’umunyamabanga mukuru wa FERWAFA Mulindahabi Olivier.

Nzamwita Vincent de Gaulle na mugenziwe bashinjwa gutanga isoko bakurikije cyangwa bashingiye ku kimenyane, icyenewabo ubucuti, itonesha mu gutanga isoko bakaregwa kandi icyaha cya ruswa.

Mu gihe Mulindahabi Olivier aburana afunze dore ko yafashwe mu bihe bishize akaba yanagaragaye mu rukiko yambaye imyenda y’abafungwa, umuyobozi we Nzamwita aburana ari hanze kuko atigeze afatwa ngo afungwe.

Inyubako ya Hoteli ya FERWAFA uko yaba igaragara iramutse yuzuye. Photo Ferwafa
Inyubako ya Hoteli ya FERWAFA uko yaba igaragara iramutse yuzuye. (Photo FERWAFA)

Nzamwita Vincent de Gaulle, imwe mu mpamvu yahamagajwe muri uru rubanza dore ko atari yakurikiranywe mbere ngo byatewe n’uko Mulindahabi Olivier ubwo yaburanaga iby’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo yavuze ko nta kintu yakoraga adahawe uburenganzira n’umuyobozi we mukuru ariwe Nzamwita Vincent de Gaulle.

Ingingo ya 647 ubushinjacyaha bushingiraho bushinja aba bagabo ibyaha, ni iy’iteka rya Minisitiri rigenga imitangire y’amasoko ya Leta, iyi ngingo hamwe n’izindi zo mu gitabo cy’amategeko ahana ubushinjacyaha bwifashishije ngo zivuga ku mitangire y’amasoko ya Leta, aba bagabo murukiko baziteye ishoti bavuga ko zigenga ibigo bya leta mu gihe bo bakorera urwego rutari urwa Leta.

Mu gihe uyu muyobozi wa FERWAFA bamwe bagiye bakomeza ku mushyira mu majwi bavuga ko yishe umupira w’amaguru mu Rwanda, benshi ngo bakaba batacyishima bivuye kuri ruhago, haribazwa niba iyi yaba ariyo ntangiriro yo kuba yarekura FERWAFA dore ko n’umuyobozi w’ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi yarekuye FIFA ari uko afashwe agashyirwa mu butabera.

Aganira n’itangazamakuru nyuma y’iburana, Nzamwita Vincent de Gaulle yavuze ko nta mugabo udafungwa, ngo yemwe hari n’abafungwa imyaka 10 bakavamo.

Amafaranga yo kubaka Ihoteli, ni inkunga y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi FIFA, uretse Nzamwita Vincent de Gaulle na Olivier Mulindahabi, hakurikiranywe kandi Adolphe Muhirwa inzobere mu bwubatsi wahawe isoko ryo kwiga imirimo ijyanye n’Ihoteli hakaregwamo kandi Segatabazi Protais wahawe iri soko ryo kubaka Iyi Hoteli.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga