• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Kamonyi: Abantu 13 barimo abayobozi mu Mudugudu bishe amabwiriza ya Covid-19 barekuwe ku bw’imbabazi

Umwanditsi
August 5, 2021

Uko ari 13, bose bafashwe ku cyumweru ahagana ku i saa kumi z’igicamunsi. Icumi muri bo ni abo mu Murenge wa Nyamiyaga, mu gihe 3 ari abo mu Murenge wa Musambira. Barekuwe nyuma y’iminsi itanu bafunze, bahabwa inama n’impanuro batahana, nabo biyemeza ko bagiye guca ukubiri no kwica amabwiriza ya Covid-19 kandi ari bo gakabaye urugero rwiza ku bandi.

Muri aba 10 bafatiwe mu Murenge wa Nyamiyaga, bari mu kabari hamwe n’Umukuru w’Umudugudu witwa Ndayisenga Jean Claude hamwe n’ushinzwe umutekano mu Mudugudu ariwe Nzabahimana Alexis. Bose ni abo mu Kagari ka Kabashumba, Umudugudu wa Ruyumba. Abandi 3 bo bafatiwe Musambira.

Vice Mayor Uwamahoro aganiziza aba bafatiwe mu kwica amabwiriza ya Covid-19.

Kuva ku cyumweru ahagana ku I saa kumi ubwo bafatwaga, barekuwe kuri uyu wa Kane bamaze guhabwa inama n’impanuro n’Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage. Baganirijwe kandi n’ubuyobozi bwa Polisi muri aka karere nabwo bwabasabye kwitwararika bakirinda kwica amabwiriza ya Covid-19.

Yaba Uwamahoro Prisca, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, yaba Uhagarariye Polisi mu Karere, bose mu butumwa bwabo kuri aba bantu barekuwe nyuma yo kubabarirwa, amande agasimbuzwa imbabazi, babasabye kwirinda gukerensa amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kuko iyo batayubahirije bibagiraho ingaruka, byaba kuri bo ubwabo no mu miryango yabo ndetse n’Igihugu muri rusange.

Mu ngaruka bahura nazo, uvanyeho icyorezo ubwacyo kitabasha ku bababarira, bibukijwe ko hari ibihano mu rwego rw’amategeko ku bishe cyangwa se barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. By’umwihariko abayobozi basabwe kuba bandebereho bakirinda gukora ibikorwa bibi nko kurenga ku mabwiriza nkana; kuko iyo batanze urugero rubi bigira ingaruka mu gukurikirana ishyirwamubikorwa ry’ingamba zo gukumira iki cyorezo. Basabwe gukomeza kwitwararika haba aho batuye n’aho bagenda.

Nyuma yo kurekurwa no kuganirizwa mu nama n’impanuro, aho bibukijwe ububi n’ubukana bw’icyorezo cya Covid-19,  aba bose basabye imbabazi bavuga ko batazongera, ko kandi bagiye kwitwararika bakabera abandi urugero rwiza mu gukumira no kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Mu gihe icyorezo cya Covid-19 gikomeje gucana maremare ndetse bimwe mu bice by’Igihugu bikaba biri muri Gahunda ya Guma mu rugo, Akarere ka Kamonyi nako ni kamwe mu twagiye tigaragaramo ubwandu buri hejuru kugera n’aho kari mu turere Umunani duherutse gushyirwa muri Guma mu rugo nubwo ubu kakuwemo. Kwirinda iki cyorezo bijyana no Guhana intera hagati y’umuntu n’undi, Gukaraba intoki n’amazi meza ndetse n’isabune hamwe no kwambara agapfukamunwa n’amazuru kandi neza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Alias says:
    August 7, 2021 at 5:51 pm

    Iminsi 5 muri cachon.Gouvernement ikwiye MINALOC ikwiye gushyiraho amabwiriza n’ibihano ku barenze ku mabwiriza.Inzego z’ibanze hamwe na hamwe bagira munyumvishirize.Kuki bamwe bacibwa amande bagaha,abandi bakarazwa ahantu bugacya agataha,abandi bagafungwa iminsi runaka kandi bakoze ikosa rimwe.?

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga