• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Zambia: Perezida Edgar Lungu yemeye gutsindwa amatora, ashimira Hichilema wamutsinze

Umwanditsi
August 16, 2021

Perezida ucyuye igihe wa Zambia Edgar Lungu yemeye ko yatsinzwe amatora y’umukuru w’igihugu. Kuri televiziyo y’igihugu, yatangaje ati: “Ndashaka gushimira umuvandimwe wanjye Hakainde Hichilema kuba yatorewe kuba perezida wa karindwi wa Zambia”. Perezida watowe, iyi yari inshuro ya Gatandatu yiyamamariza umwanya w’umukuru w’Igihugu.

Bwana Lungu mbere yari yavuze ko ashobora kuregera mu rukiko ibyavuye mu matora aho yavugaga ko abatavugarumwe n’ubutegetsi bayakozemo uburiganya.

Abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga bashimiye Perezida Lungu ku gikorwa babonye nko gutsimbataza demokarasi ya Zambia n’urugero ku bindi bihugu. Ishyaka rya Perezida Lungu naryo ryashimiye Hichilema ku ntsinzi ye.

Mu butumwa ryashyize kuri Facebook, ryanditse riti: “Patriotic Front Party irifuza gushimira Perezida watowe, Hakainde Hichilema ku ntsinzi mu matora ya Perezida”.

Iri shyaka nkuko BBC ibitangaza, ryari rimaze imyaka itandatu ku butegesi, rivuga ko rigiye gufata igihe rikareba ibitaragenze neza. Ryatangaje ko “guhererekanya ubutegetsi byatangiye” kandi ko Perezida watowe yamaze kugezwaho abacunga umutekano akwiriye.

Hichilema yatsinze mukeba we Lungu amurushije amajwi arenga miliyoni. Yari inshuro ya gatandatu yiyamamarije gutegeka Zambia. Inshuro eshanu zabanje yaratsindwaga.

Gusahura ibya Lungu

Hari amakuru y’uko abashyigikiye Perezida watowe bagiye gusahura iguriro rinini ryitiriwe Perezida ucyuye igihe Edgar Chagwa Lungu. Amafoto agaragaza iguriro rya ECL Mall mu mujyi wa Kitwe ryibasiwe n’abasahuzi yahererekanyijwe cyane benshi banegura ibyo bikorwa.

Mu butumwa yanditse kuri Twitter, Perezida watowe Hakainde Hichilema yaburiye abari kwangiza iby’abandi kubihagarika. Ishami ry’urubyiruko ry’ishyaka United Party for National Development (UPND) rya Hichilema ryasabye abayoboke baryo kwishimira intsinzi mu mahoro.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga