• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gicumbi: Ubwoba ni bwose ku muturage watemaguriwe urutoki

Umwanditsi
June 8, 2016

Ubuyobozi bwagiranye inama n’abaturage, buhumuriza uwatemaguriwe urutoki, buvuga ko umugome nta ntebe afite ko ndetse mu gihe cy’ukwezi aba yafashwe.

Ngabituje Dosantos wo mu mudugudu wa Cyamabano mu kagari ka Murehe mu murenge wa Giti, avugako mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri yazindutse ajya kwahirira amatungo agasanga bamutemeye urutoki.

Ngabituje, avuga ko nubwo uwakoze ubu bugizi bwa nabi atarafatwa ngo ashyikirizwe inzego zibishinzwe, ngo muriwe  ntabwo atuje. nyuma yo gukorerwa uru rugomo, avuga ko uwamutemeye urutoki atigeze arobanura imibyare iriho ibitoki n’itabifite.

Yagize ati:”Mu by’ukuri ntabwo nabashije kuyibara umubare ariko wenda ncishirije yaba ari nka makumyabiri. ibitoki n’imibyare y’amatere bagiye barambika hasi, nagize ubwoba bukomeye cyane kuko nahise ntekereza ko n’ubundi uwo muntu wakoze ibi bintu arinjye yashakaga, kugeza ubu ntamutekano mfite”.

Urutoki rw'umuturage rwatemaguwe.
Urutoki rw’umuturage rwatemaguwe.

Bosenibamwe Aime, umuyobozi w’intara y’amajyaruguru nyuma yo kumenya iki kibazo, yageze aho ubu bugome bwabereye, yasabye umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giti gufatanya n’abaturage bakongera kumuterera urutoki.

Yagize ati: ”Muyobozi w’umurenge Olivier, uriya muturage watemewe urutoki mubikurikirane, ni ibikorwa by’ubugome. Mwereke umugome ko nta mwanya afite, mwishyire hamwe mwese nk’abanyagiti, izo ntoki mwongere muzimuterere”. Yongeraho ko yifuza kugaruka bamubwira ko byakozwe.

Kuba uwabikoze ataramenyekana, umuyobozi w’intara y’amajyaruguru yasabye polisi ikorera muri aka karere ka Gicumbi guhiga  bukware umugiziwanabi wabikoze, akabayafashwe mu gihe kitarenze ukwezi kumwe.

Guverineri yagize ati:”Ariko nyir’ugukora aya mahano mu muhige kugeza igihe azabonekera. Nyakubahwa DPC(umuyobozi wa Polisi mu karere), turashaka ngo tudaha intebe abagome n’abagizibanabi, ni ukubahigisha uruhindu aho bari hose, turatanga ukwezi kumwe azabe yafashwe”.

Ngabituje Dosantos, yerekanaga uko abangizi bamukoreye ubugome mu rutoki rwe.
Ngabituje Dosantos, yerekanaga uko abangizi bamukoreye ubugome mu rutoki rwe.

Umurenge wa Giti, wasuwe n’umuyobozi w’intara y’amajyaruguru ni umwe mu mirenge y’akarere ka Gicumbi yeramo urutoki cyane. Uretse iki kibazo cy’urutoki cyashakiwe inzira cya kemurwamo, hari n’ibindi bibazo by’abaturage  Guverineri yakemuye mu nama yagiranye nabo afatanije n’izindi nzego mu karere.

 

NAMAHIRWE Pascaline

Intyoza.com / Gicumbi

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga