• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

DR Congo: Gushinja umugore wa Perezida kunyereza imfashanyo byatumye atabwa muri yombi

Umwanditsi
August 23, 2021

Umuntu wa kabiri wo mu muryango urwanya ruswa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi i Goma nyuma yuko uyu muryango ugize ibyo ushinja umugore wa Perezida, bifitanye isano no kunyereza inkunga yagenewe abakuwe mu byabo n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.

Umuryango “Lutte Pour Le Changement” (LUCHA), washinje umuryango uyobowe na Denise Tshisekedi, Madamu wa Perezida Félix Tshisekedi, kunyereza imfashanyo igenewe abagizweho ingaruka n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo mu kwezi kwa gatanu. Uwo muryango uyobowe na Madamu Denise wahakanye ibyo birego.

Ghislain Muhiwa yatawe muri yombi ku cyumweru mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bw’igihugu, mu ntara ya Kivu ya ruguru ubu itegekwa n’igisirikare.

Mugenzi we Parfait Muhani nkuko BBC ibitangaza, yatawe muri yombi mu kwezi kwa karindwi na we kubera iyo mpamvu, akaba ategereje kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare.

Umuryango LUCHA uvuga ko Bwana Muhiwa yatawe muri yombi ku busabe bw’umwunganizi mu mategeko wa Madamu Denise, nkuko bitangazwa na radio RFI.

Ariko hari abakora mu rwego rw’ubucamanza bavuze ko yafunzwe kuko mu kwezi kwa gatandatu atitabye ubucamanza bwa gisirikare – bwafashe inshingano z’ubucamanza bwa gisivile muri iki gihe, bigatuma ubu yari yarashyiriweho urupapuro rwo kumuta muri yombi.

Mu gihe ubucamanza bwa gisirikare bwari bwarabuze Ghislain Muhiwa, mu kwezi gushize bwari bwataye muri yombi mugenzi we Muhani, wamaze gushinjwa guharabikana no kuba mu itsinda ry’abagizi ba nabi.

Umuryango LUCHA wamaganye icyo uvuga ko ari ukwibasira bikomeye impirimbanyi n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi birangwa muri iki gihugu kuva mu mezi macye ashize, nkuko bitangazwa na RFI.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga