• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
16/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye
16/10/25
Kamonyi-Kayenzi/GIMI: Barishimira ikorwa ry’Umuhanda wari umaze guhinduka nk’inzira
16/10/25
Kamonyi-Kayenzi: Kirazira ko ducika intege, INKOTANYI ni urugero rw’ibishoboka-Gitifu Nsengiyumva

Kamonyi: Umukozi wa SACCO yateruyemo asaga ibihumbi 600

Umwanditsi
June 8, 2016

SACCO yo mu murenge wa Ngamba, ushinzwe kwakira no guhereza amafaranga (Cashier) yavumbuwe ko aho kuyabika muri SACCO yikoreramo akitwarira.

Umukozi wa SACCO y’umurenge wa Ngamba, mu bugenzuzi bwakozwe na ngenzuzi ya SACCO n’abayobozi bayo muri rusange, byagaragaye ko mu bubiko bw’ahagomba kubikwa amafaranga y’abakiriya ba SACCO Ngamba, yakuyemo amafaranga asaga ibihumbi 600 by’amanyarwanda.

Abaturage babitsa muri iyi SACCO baganiriye n’intyoza.com, bagaragaza ko nubwo bafitiye icyizere ubuyobozi bubareberera ngo ni ngombwa ko buhoza ijisho kuri aba bacunga ifaranga ryabo kuko ngo nta wabashira amakenga.

Impamvu yo kudashirwa amakenga, ituruka ngo ku kuba hirya no hino bumva abitiza cyangwa bakikorera muyo bashinzwe kubika cyangwa bakayiba.

Abaturage twaganiriye batashimye ko amazina yabo tuyatangaza, bavuga kandi ko n’ubundi n’abababikira uretse ko nta gihamya babiboneye ngo bumvaga ko bajya bitiza amafaranga yabo mu gukemura bimwe mu bibazo byabo cyangwa se bakayacuruza kubw’inyungu zabo bwite bizeye kuyasubizaho by’igihe gito.

Nsengimana Pierre Claver, Perezida w’inama y’ubutegetsi ya SACCO ya Ngamba, atangaza ko iki kibazo koko gihari cy’umukozi yita ko yakoze amanyanga agatwara amafaranga ya SACCO asaga ibihumbi 600 y’u Rwanda.

Nsengimana, atangaza ko ibi byagaragaye nyuma y’igenzura ryakozwe hakaza kugaragara ko amafaranga yabuze ndetse uwayatwaye ubwe akaza kubyiyemerera.

Nsengimana agira ati:” Uko bimeze, ikibazo cyo kirahari, uwabikoze ubwe twaramwegereye, arabyiyemerera ndetse adukorera inyandiko, adusaba imbabazi, avuga ko yigurije amafaranga ndetse aduha igihe azatwishyurira.

Uyu muyobozi w’inama y’ubutegetsi ya SACCO ya Ngamba, avuga ko nubwo bimeze bitya ngo ibyo uyu mukozi yavuze babona bidahagije, ngo haracyakorwa icukumburwa hakusanywa ibikenewe ndetse no kureba niba ibyo babonye aribyo byonyine.

Uyu mukozi uvugwaho gutwara aya mafaranga, amazina ye twirinze kuyatangaza muri iyi nkuru.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5890 Posts

Politiki

4141 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga