• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Zimbabwe: Umuteramakofe yishwe n’ikofe yatewe

Umwanditsi
November 4, 2021

Ibibazo ni byinshi ku bijyanye n’uburyo umutekano ucunzwe mu mukino wo guterana ingumu/amakofe (boxe) muri Zimbabwe nyuma y’aho umukinnyi wayo witwa Taurai Zimunya apfiriye kubera ingumu/ikofe yatewe mu mukino waberaga i Harare mu murwa mukuru w’iki Gihugu.

Uyu mukinnyi wa boxe Taurai Zimunya, w’imyaka 24 y’amavuko, wo mu cyiciro  cy’abafite ibiro byo hagati na hagati yapfuye ku wa mbere, nyuma y’aho akubitiwe akagwa hasi mu mukino wabaye ku wa gatandatu.

Ni bwo bwa mbere umukinnyi wa boxe apfuye muri Zimbabwe ahitanywe n’inkurikizi zo gukubitwa mu mukino.

Lawrence Zimbudzana, umunyamabanga mukuru w’ikigo gishinzwe uyu mukino ‘Zimbabwe National Boxing and Wrestling Control Board, (ZNBWCB), avuga ko amaperereza ataratangira.

Mu gihe barimo gushyingura Zimunya ejo ku wa gatatu, Zimbudzana yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ati: “Ubu twitaye cyane ku byo kumushyingura, ibyo birangiye nibwo nyuma tuzicara tukareba iki kibazo”.

Itangazo ryasohowe n’ikigo ZNBWCB rivuga ko” abashinzwe ubuvuzi bakoze ibyo basabwaga gukora kandi ko yabanje no guhabwa ubufasha bwihuta akiri ku kibuga mbere yo kujyanwa mu bitaro”.

Zimunya, yakubiswe inshuro zitari nke mu mutwe mbere y’uko atsindwa burundu mu gice cya gatatu cy’uyu mu miko wo guterana amakofe ugizwe n’ibice bitandatu. Wari umubabaro udasanzwe ku wahoze ari umutoza we witwa Tatenda Gada, avuga ko yari afite ahazaza hakomeye.

Gada ati: “Tubuze umwe mu bantu beza twari twizeye. Nakoranye na Taurai mu gihe  cy’imyaka irenga ine, nakurikiranye uburyo yagendaga atera imbere kandi yari umwe mu bantu bari bafite ahazaza heza”.

Se wa Zimunya, Samson, yahoze akina uyu mukino mu buryo bwo kwinezeza, yari yizeye ko umuhungu we yashyikanye kure izina ry’umuryango we ndetse akanatsindira ihiganwa/irushanwa.

Hari hashize igihe gito cyane uyu mu kino wo guterana amakofe usubiye gusubukurwa muri Zimbabwe nyuma y’aho Leta ivaniyeho ingingo za gahundaa ya guma mu rugo bitewe n’icyorezo cya Coronavirusi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga