• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
04/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
04/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano
04/12/25
Over za 2.5 zahesheje Umunyamahirwe muri FORTEBET gutsindira akayabo ka 5,403,680Frws

Ruhango: Abahinzi b’umuceri batangiye kugobokwa n’Ubwishingizi batangiye ibihingwa byabo

Umwanditsi
January 21, 2022

Hashize igihe Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi itangije gahunda yo gushishikariza abahinzi gushinganisha ibihingwa byabo, hagamijwe ko mu gihe cy’ibiza no kurumbya bajya bagobokwa hashingiwe ku kwiteganyiriza bagize. Hari bamwe mu bahinzi b’umuceri mu karere ka Ruhango bagobotswe n’ubwishingizi batanze, aho bahawe Miliyoni 18 z’amafaranga y’u Rwanda.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Rusiribana Jean Marie Vianney, mu kiganiro yahaye intyoza.com, yavuze ko iyi gahunda y’ubwishingizi ku bihingwa izafasha abahinzi gukora neza umwuga wabo kubera ko bazaba bizeye ko bazagobokwa nibahura n’ibibazo. Akomeza yibutsa abahinzi ko mu gihe bahinze badakwiye kwibagirwa ubwishingizi bw’ibihingwa byabo.

Yagize ati” Abahinzi bose turabasaba ko mu gihe cyose bahinze bakwiye gutekereza ku bihe tugezemo ubona bigenda bihinduka cyane, aho abahinzi bahinga bakarumbya cyangwa se ibihingwa byabo bigatwarwa n’imyuzure, ariko iyo wabitangiye ubwishingizi  uragobokwa”. Akomeza atanga urugero rw’abahinzi b’umuceri baherutse guhabwa ingurane y’ibyabo batasaruye, aho bahawe miliyoni 18 z’amafaranga y’u Rwanda.

Yongeyeho ko abagobotswe ari abahinzi bari muri COOPRORIZ ihinga umuceri mu gishanga cya Mukunguri na COTEMUNYARU ari nabo bahawe agera kuri Miliyoni 18 z’amafaranga y’u Rwanda kubera umuceri wabo bari barahinze utareze neza ndetse n’ibiza bikaba byarangije aho bahinze.

Yagize ati” Dufite Koperative 2 arizo COOPRORIZ ihinga umuceri mu gishanga cya Mukunguri na COTEMUNYARU bahawe agera kuri Miliyoni 18, ibi bikaba byaraduhaye intege z’uko mu gihe abahinzi bacu babikora neza bazaba bizeye ko batagiriramo igihombo gikabije cyantuma bava muri uyu mwuga kuko barumbije cyangwa ibihingwa byabo byangijwe n’ibiza”.

Mu gihembwe cya mbere cy’ihinga, bari bafite Hegitari zisaga 431 zari zashyizwe mu bwishingizi kuri 684 ziri mu mihigo y’uyu mwaka wa 2022 naho izisigaye zikazatangirwa ubwishingizi mu gihe cy’Ihinga B cya 2022 .

Ku bijyanye n’ibigori hegitari zisaga 27,5 zatangiwe ubwishingizi mu gihembwe cy’ihinga A kuri hegitari 74 zari mu mihigo naho izisigaye zikazashyirwamo mu gihembwe cy’ihinga B cya 2022.

Ubu bwishingizi, butangirwa muri Koperative cyangwa umuhinzi akitangira ku giti cye bitewe n’icyo akora n’ubuso agikoreraho, bityo akagirana amasezerano na Kompanyi yamuhaye ubwo bwishingizi iba yiteguye kuzamugoboka mu gihe cy’amakuba.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5927 Posts

Politiki

4176 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga