• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
23/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
23/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
23/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye
23/05/25
Kamonyi-Mukunguri: Ubuhinzi bw’Umuceri bwafashije Abahinzi na Koperative kwishakamo ibisubizo
23/05/25
Kamonyi-Mugina: Urubyiruko rw’Abakorerabushake(Youth Volunteers) biyemeje kubakira uwarokotse Jenoside utishoboye
23/05/25
Kamonyi-Musambira: Imiryango 33 irimo 10 yabanaga mu makimbirane yasezeranijwe ihitira Mukikiziya
23/05/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Bakurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa barimo uwigaga P5 wabyaye

Cyera kabaye, u Rwanda rwemeje ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna ujya-uva Uganda

Umwanditsi
January 28, 2022

Nyuma y’igihe kigera ku myaka itatu umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ufunze, n’ubwo ku ruhande rw’u Rwanda mu ntangiriro rwagiye ruhakana ko rwafunze uyu mupaka, mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda kuri uyu wa 28 Mutarama 2022, rivuga ko ifungurwa ry’uyu mupaka riteganijwe tariki 31 Mutarama 2022. Ni icyemezo kije gikurikira uruzinduko rwa Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweli Kaguta Museveni aherutsemo mu Rwanda mu cyumweru gishize.

Nkuko itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ribivuga, ifungurwa ry’uyu mupaka rije nyuma y’uruzinduko rwa Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, umugaba mukuru w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, akaba kandi Umujyanama wa Se mu by’umutekano.

Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, aheruka kugirira uruzinduko i Kigali mu Rwanda tariki 22 Mutarama 2022, aho yabonanye na Perezida Kagame Paul w’u Rwanda. Mu byatangajwe nyuma yo guhura kwabo, ni uko baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi. Nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, Gen. Muhoozi, abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yatangaje ko yishimiye uko yakiriwe, ko kandi yizeye ko mu gihe cya vuba uyu mubano wari umaze imyaka igera muri itanu ucumbagira ushobora kongera kuba mwiza.

Ubwo Perezida Kagame Paul yakiraga Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba mu rugwiro.

Muri iri tangazo rifungura umupaka wa Gatuna, u Rwanda ruvuga ko nyuma y’uru ruzinduko rwa Gen. Muhoozi Kainerugaba i Kigali, Guverinoma y’u Rwanda yabonye ko ku ruhande rwa Leta ya Uganda hari umugambi cyangwa se ubushake mu gukemura no gushaka umuti ku bibazo byagiye bigaragazwa.

Icyemezo u Rwanda rwafashe cyo gufungura umupaka wa Gatuna, kizashyirwa mu bikorwa kuwa 31 Mutarama 2022. Iri tangazo rigira riti“ Guverinoma y’u Rwanda irifuza gutangaza ko Umupaka wa Gatuna hagati y’u Rwanda na Uganda uzafungurwa kuva ku itariki 31 Mutarama 2022”.

Itangazo ry’u Rwanda ku ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna.

Ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna, rije risubiza ibyifuzo bya benshi mu banyarwanda bagiye bavuga ko babangamiwe n’ifungwa ryawo kuko byahagaritse ubuhahirane n’imigenderanire, aho bambukaga umupaka bajya guhahira hakurya, ariko kandi hakaba n’abavuga ko ifungwa ryawo ryari ryaratandukanije imiryango iri mu bihugu byombi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5800 Posts

Politiki

4051 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

993 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga