• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Uregwa gutukira mu ruhame Umunyamakuru Mutesi Scovia yahakanye ibyo aregwa ariko asaba imbabazi

Umwanditsi
March 1, 2022

Mu rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, kuri uyu wa 01 Werurwe 2022, hasubukuwe urubanza Nomero RP01155/2021/TBGSBON, umunyamakuru Mutesi Scovia nyiri ikinyamakuru mamaurwagasabo aregamo uwitwa Iraguha Prudence, icyaha cyo kumutukira mu ruhame. Uregwa, imbere y’abacamanza yahakanye ibyo aregwa ariko asaba imbabazi.

Ubwo bari imbere y’inteko iburanisha, Ubushinjacyaha bwongeye gusoma ibimenyetso bwashingiyeho burega Iraguha Prudence, aho bwagaragaje amagambo yavugiye ku rubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp muri group abo bombi bahuriyemo kugeza ubu. Ni urubuga ruhuje abantu ku bijyanye n’ikiganiro gica kuri Televiziyo Flash uyu munyamakuru Mutesi Scovia ajya akora.

Mu kugaragaza imiterere y’ibyo Iraguha aregwa, Umushinjacyaha yavuze ko umunyamakuru yababajwe cyane n’ibitutsi uyu Iraguha yamututse nyuma yo kwanga kumutumira mu kiganiro asanzwe akora, hanyuma undi mu gisa no kumwihimuraho amutuka ibitutsi bitandukanye nk’uko yabisomeye urukiko mu iburanisha.

Hejuru y’ibyo bitutsi ngo yanageretseho amagambo yo kugaragaza uburakari, aho yagize ati “Iyo mba hafi nari kukujwibura.” “Ugira uwo wisukaho”.

Ubwo ubushize bari imbere y’ubucamanza, urubanza rwasubitswe kubera ko uyu Iraguha atari yazanye umwunganira mu mategeko. Gusa, kuri iyi nshuro nabwo ntiyamuzanye ariko yemera imbere y’inteko iburanisha ko yumva ubwe yihagije ngo yiburanire.

Iraguha Prudence, ariwe uregwa, yahakanye ibyo ashinjwa, avuga ko ubushinjacyaha buterekana ibimenyetso bimuhamya icyaha byuzuye.

Ubwo yabazwaga niba umurega ibyo avuga bitarabayeho, Iraguha Prudence yabwiye urukiko ati “Sinjya guhakana ko scovia adafite ishingiro ry’ibyabaye”.

Mu kuvuga atya, aha niho uyu Iraguha yiteze igisa n’umutego, abwira urukiko ko yandikiye ibaruwa Madame Mutesi Scovia amusaba imbabazi. Yemereye urukiko ko nirumuhamya icyaha azishimira gusaba imbabazi uwo bikekwa ko yagikoreye.

Muri uru rubanza nkuko mamaurwagasabo dukesha iyi nkuru yabyanditse, Ubushinjacyaha bwavuze ko ubwo yari imbere y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, Iraguha Prudance ubwe yivugiye igitutsi yatutse Mutesi Scovia.

Aha ni naho Umushinjacyaha yongeye kwibaza” Niba utemera icyaha, izo mbabazi asaba ni Nyirarureshwa? Ese ubundi izo mbabazi zashingira kuki”?.

Umunyamakuru Mutesi Scovia, ubwo yavugaga ku kijyanye no kuregera indishyi, yabwiye ubucamanza ko hari ibyo amaze gutanga ku rwego rwo kugeza ikirego ku bushinjacyaha bingana n’igarama ry’amafaranga bihumbi icumi y’u Rwanda(10.000frw) ukongeraho n’ibyabigendeyemo birimo nka Esansi y’imodoka nayo yahaye agaciro k’amafaranga y’u Rwanda angana n’ibihumbi cumi( 10,000Frw).

Mutesi Scovia, yibukije urukiko hamwe n’uregwa ko yirengagije nkana ibyo kwaka indishyi z’agaciro yateshejwe na Iraguha Prudance, kuko atabona agaciro mu mafaranga abiha.

Mu rukiko, byageze aho uregwa afatwa n’amarangamutima yenda kurira, asaba urukiko ko bashingira ku mwanzuro yatanze, yongeraho ati “Ndamwubaha, ndasaba imbabazi kuko ntacyo ngambirira kumukorera cyamubabaza!”.

Ubwo bari imbere y’inteko iburanisha.

Inteko iburanisha, uyu minsi nibwo yapfundikiye iburanisha, Perezida w’urukiko abwira ababurana ko bazongera guhurira mu rukiko kuwaa 25 Werurwe 2022 ku I saa munani z’amanywa, ubwo bazaba bagezwaho imyanzuro y’urubanza.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga